-
Umurwa urabagiranaIbyahishuwe—Indunduro Yabyo Ikomeye Iri Bugufi!
-
-
9. Ni iki Yohana avuga ku bikoresho byubatse uwo murwa?
9 Yohana akomeza inkuru ye agira ati “inkike zarwo zubakishijwe yasipi, naho ururembo ubwarwo rwubakishijwe izahabu nziza imeze nk’ibirahuri byiza. Imfatiro z’inkike z’urwo rurembo zarimbishijwe amabuye y’igiciro cyinshi y’amoko yose. Urufatiro rwa mbere rwari yasipi, urwa kabiri rwari safiro, urwa gatatu rwari kalukedoni, urwa kane rwari simaragido, urwa gatanu rwari sarudiyo, urwa karindwi rwari kirusoruparaso, urwa cumi na rumwe rwari huwakinto, urwa cumi n’ebyiri rwari ametusito. Amarembo uko ari cumi n’abiri, yari imaragarita cumi n’ebyiri, irembo rimwe ryubakishijwe imaragarita imwe, atyo atyo. Inzira nyabagendwa yo muri urwo rurembo yashigirijwe izahabu nziza isa n’ibirahuri bibonerana.”—Ibyahishuwe 21:18-21.
10. Kuba umurwa wubakishijwe yasipi, zahabu n’“amabuye y’igiciro cyinshi y’amoko yose” bisobanura iki?
10 Imyubakire y’uwo murwa irahebuje rwose. Aho kuba wubakishijwe ibikoresho bisanzwe by’aha ku isi, urugero nk’ibumba cyangwa amabuye, wubakishijwe yasipi, zahabu itunganyijwe n’“amabuye y’igiciro cyinshi y’amoko yose.” Mbega ukuntu ibyo bintu bigereranya mu buryo bukwiriye ibikoresho by’ubwubatsi byo mu ijuru! Nta cyashobora kubirusha ubwiza. Isanduku ya kera y’isezerano yari iyagirijweho zahabu nziza, kandi akenshi muri Bibiliya, zahabu ikaba igereranya ibintu byiza kandi by’agaciro (Kuva 25:11; Imigani 25:11; Yesaya 60:6, 17). Ariko kandi, Yerusalemu Nshya yose, ndetse n’inzira nyabagendwa yayo byari bishigirijwe “izahabu nziza” isa n’ibirahuri bibonerana, ibyo bikaba bigaragaza ubwiza n’agaciro ifite mu buryo bwihariye, birenze kure ibyo umuntu yatekereza.
-
-
Umurwa urabagiranaIbyahishuwe—Indunduro Yabyo Ikomeye Iri Bugufi!
-
-
12. Bishushanya iki kuba (a) imfatiro z’umurwa zirimbishijwe amabuye 12 y’igiciro cyinshi? (b) kuba amarembo y’umurwa ari imaragarita?
12 Imfatiro z’uwo murwa na zo zirahebuje, zirimbishijwe amabuye 12 y’igiciro cyinshi. Ibyo bitwibutsa ko mu bihe bya kera, igihe cyo gutamba ibitambo, umutambyi mukuru w’Umuyahudi yambaraga efodi irimbishijwe amabuye 12 y’igiciro cyinshi anyuranye, asa n’avugwa hano (Kuva 28:15-21). Nta gushidikanya ko ibyo bidapfuye guhuza gutya gusa! Ahubwo, ibyo bitsindagiriza umurimo w’ubutambyi wa Yerusalemu Nshya, ari yo Yesu Umutambyi Mukuru abereye ‘itabaza’ (Ibyahishuwe 20:6; 21:23; Abaheburayo 8:1). Nanone, imigisha y’umurimo w’ubutambyi bwa Yesu, ari we Mutambyi Mukuru, isesekazwa ku bantu binyuze kuri Yerusalemu Nshya (Ibyahishuwe 22:1, 2). Amarembo 12 y’uwo murwa, n’imaragarita cyangwa amasaro 12 afite ubwiza buhebuje. Ibyo bitwibutsa ibya wa mugani wa Yesu, aho Ubwami bugereranywa n’isaro ry’igiciro cyinshi. Abinjirira muri ayo marembo bose, bazaba baragaragaje ko baha agaciro cyane ibintu by’umwuka.—Matayo 13:45, 46; gereranya na Yobu 28:12, 17, 18.
-