IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO
Uko wakwiyigisha bikakugirira akamaro
IMPAMVU ARI IBY’INGENZI: Kwiyigisha Ijambo ry’Imana bidufasha “kwiyumvisha neza . . . , ubugari n’uburebure n’ubuhagarike n’ubujyakuzimu” by’ukuri (Ef 3:18). Nanone bituma dukomeza kuba abantu batariho umugayo kandi batagira inenge hagati y’abantu babi bo muri iyi si kandi tugakomeza “kugundira ijambo ry’ubuzima” (Fp 2:15, 16). Kwiyigisha Ijambo ry’Imana bituma buri wese ahitamo ibyo akeneye kwiyigisha. Twakora iki ngo igihe tumara dusoma kandi twiyigisha Bibiliya kitadupfira ubusa?
UKO WABIGENZA:
Jya utegura kandi ugire ibyo wandika muri Bibiliya ukoresha wiyigisha, yaba icapye cyangwa iyo mu gikoresho cya eregitoroniki
Mu gihe usoma Ijambo ry’Imana, jya wibaza ibibazo nk’ibi: “Nde? Iki? Ryari? Hehe? Kuki? Gute?”
Shaka ibihamya bikwemeza ko ibyo wiga ari ukuri. Jya ukora ubushakashatsi ku ngingo runaka cyangwa umurongo wo muri Bibiliya wifashishije ibikoresho ushobora kubona
Jya utekereza ku byo usoma kugira ngo urebe icyo ibyo umaze kumenya bikurebaho
Jya ukurikiza ibyo wiga mu buzima bwawe bwa buri munsi.—Lk 6:47, 48
MUREBE VIDEWO IVUGA NGO: “KOMEZA ‘KURIGUNDIRA’ WIYIGISHA MU BURYO BUFITE IREME,” HANYUMA MUSUBIZE IBIBAZO BIKURIKIRA:
Bamwe bavuze ko kwiyigisha ari iki?
Kuki twagombye kubanza gusenga mbere yo kwiyigisha?
Ni iki cyadufasha gusobanukirwa neza umurongo w’Ibyanditswe?
Ni ibihe bimenyetso twashyira muri Bibiliya twiyigishirizamo?
Kuki mu gihe twiga Ijambo ry’Imana twagombye gutekereza ku byo twiga?
Twakoresha dute ibyo tumaze kumenya?
“Mbega ukuntu nkunda amategeko yawe! Ni yo ntekereza umunsi ukira.”—Zb 119:97