ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w10 1/11 p. 8
  • Jya wita ku byo ukeneye mu buryo bw’umwuka

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Jya wita ku byo ukeneye mu buryo bw’umwuka
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2010
  • Ibisa na byo
  • Kwihangana mukongereho kubaha Imana
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2002
  • Kwihangana Mukongereho Kubaha Imana
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1994
  • Ukuri ku byerekeye Imana ni ukuhe?
    Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha?
  • Mbese wifuza kumenya ukuri?
    Mbese wifuza kumenya ukuri?
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2010
w10 1/11 p. 8

Ibanga rya 5

Jya wita ku byo ukeneye mu buryo bw’umwuka

NI IKI BIBILIYA YIGISHA? “Hahirwa abazi ko bakeneye ibintu byo mu buryo bw’umwuka.”—Matayo 5:3.

KUKI BITOROSHYE? Hari amadini atandukanye abarirwa mu bihumbi, amenshi muri yo akaba yigisha ibintu bivuguruzanya ku birebana n’uko umuntu yakwita ku byo akeneye mu buryo bw’umwuka. Wamenya ute idini ryigisha ukuri, kandi rishimisha Imana by’ukuri? Bamwe mu banditsi bazwi cyane bumvikanisha ko kwizera Imana no kuyiyegurira ari ubupfapfa, kandi ko bishobora guteza akaga. Hari ikinyamakuru cyavuze muri make ibitekerezo by’umwe mu bantu bazwi cyane utemera Imana, kigira kiti “inyigisho ya gikristo ivuga ko hari ikintu tudashobora kumva, kubona, gukoraho cyangwa gusobanura dushingiye kuri siyansi, . . . itesha agaciro ubuzima dufite, kandi ni yo ituma abantu bishora mu bikorwa by’urugomo.”—Maclean’s.

WAKORA IKI? Suzuma ibimenyetso bigaragaza ko Imana ibaho (Abaroma 1:20; Abaheburayo 3:4). Ntuzemere ko hagira umuntu uguca intege ngo akubuze gushaka ibisubizo by’ibibazo by’ingenzi wibaza, urugero nk’ibi bikurikira: kuki turi ku isi? Ese umuntu akomeza kubaho na nyuma yo gupfa? Kuki hariho imibabaro myinshi? Ni iki Imana insaba? Ni iby’ingenzi cyane ko ubona ibisubizo bikunyuze by’ibyo bibazo, kuko bizatuma unyurwa mu buryo burambye.

Icyakora, ntukemere buhumyi ibyo abandi bakubwira. Ijambo ry’Imana rigutera inkunga yo gukoresha ‘ubushobozi bwawe bwo gutekereza,’ kugira ngo wigenzurire umenye neza ibyo yemera (Abaroma 12:1, 2). Imihati ushyiraho ntizaba imfabusa. Nufata igihe ukiga Bibiliya kandi ugashyira mu bikorwa inama z’ingirakamaro zibonekamo, bizakurinda ibibazo, bikugabanyirize imihangayiko kandi bitume urushaho kwishimira ubuzima. Ibyo si amakabyankuru, kuko abantu babarirwa muri za miriyoni bakuriye mu mimerere itandukanye, bungukiwe no kumenya ukuri ku byerekeye Imana n’imigambi yayo. Urugero, soma inkuru z’ibyabaye kuri bamwe, ziboneka ku ipaji ya 18 kugeza ku ya 21 z’iyi gazeti.

Uko uzagenda wibonera inyungu zo gushyira mu bikorwa inama zirangwa n’ubwenge zo muri Bibiliya, bizatuma urushaho guha agaciro umwanzuro wafashe wo kwiyegurira Imana. Kuki utakwemera kwiga Bibiliya ubifashijwemo n’Abahamya ba Yehova? Nubigenza utyo, uzibonera ko amagambo intumwa Pawulo yavuze ari ukuri. Yaranditse ati “kwiyegurira Imana birimo inyungu nyinshi, iyo bijyanye no kugira umutima unyuzwe.”—1 Timoteyo 6:6.

[Ifoto yo ku ipaji ya 8]

Igenzurire umenye neza ibyo Imana yemera

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze