Intangiriro
36 Iyi ni inkuru ivuga ibya Esawu, ari we Edomu.+
2 Esawu yashatse abagore mu bakobwa b’i Kanani, ari bo Ada+ umukobwa wa Eloni w’Umuheti,+ na Oholibama+ umukobwa wa Ana. Oholibama yari umwuzukuru wa Sibeyoni w’Umuhivi. 3 Yashatse na Basemati+ umukobwa wa Ishimayeli, uwo mukobwa akaba yari mushiki wa Nebayoti.+
4 Esawu yabyaranye na Ada umuhungu witwa Elifazi, naho Basemati babyarana Reweli.
5 Oholibama we babyaranye Yewushi, Yalamu na Kora.+
Abo ni bo bahungu ba Esawu, abo yabyariye mu gihugu cy’i Kanani. 6 Hanyuma Esawu afata abagore be, abahungu be, abakobwa be n’abantu bose bari mu rugo rwe, afata n’amatungo ye yose n’ubutunzi bwe bwose,+ ni ukuvuga ibyo yari yaraboneye mu gihugu cy’i Kanani byose, maze ajya mu kindi gihugu, kure ya murumuna we Yakobo.+ 7 Byatewe n’uko ubutunzi bwabo bwari bwarabaye bwinshi cyane ku buryo batashoboraga kubana, kandi igihugu bari batuyemo* nticyari kikibahagije bitewe n’uko bari bafite amatungo menshi. 8 Nuko Esawu atura mu karere k’imisozi miremire ya Seyiri.+ Esawu ni we Edomu.+
9 Iyi ni yo nkuru ivuga ibya Esawu, ari na we Abedomu bo mu karere k’imisozi miremire ya Seyiri bakomotseho.+
10 Aya ni yo mazina y’abahungu ba Esawu: Hari Elifazi uwo Esawu yabyaranye n’umugore we Ada, na Reweli uwo Esawu yabyaranye n’umugore we Basemati.+
11 Abahungu ba Elifazi ni Temani,+ Omari, Sefo, Gatamu na Kenazi.+ 12 Timuna yari undi mugore wa Elifazi umuhungu wa Esawu. Nyuma y’igihe Elifazi yabyaranye na Timuna umuhungu witwa Amaleki.+ Abo ni bo buzukuru ba Ada umugore wa Esawu.
13 Aba ni bo bahungu ba Reweli: Hari Nahati, Zera, Shama na Miza. Abo ni bo buzukuru ba Basemati+ umugore wa Esawu.
14 Aba ni bo bahungu Oholibama yabyaranye na Esawu: Hari Yewushi, Yalamu na Kora. Oholibama umugore wa Esawu, yari umukobwa wa Ana, akaba n’umwuzukuru wa Sibeyoni.
15 Aba ni bo batware bakomoka ku bahungu ba Esawu.+ Abakomoka kuri Elifazi umuhungu wa mbere wa Esawu ni umutware Temani, umutware Omari, umutware Sefo, umutware Kenazi,+ 16 umutware Kora, umutware Gatamu n’umutware Amaleki. Abo ni bo bari abatware mu gihugu cya Edomu bakomokaga kuri Elifazi.+ Abo ni bo buzukuru ba Ada.
17 Aba ni bo bahungu ba Reweli umuhungu wa Esawu: Hari umutware Nahati, umutware Zera, umutware Shama n’umutware Miza. Abo ni bo batware bo mu gihugu cya Edomu,+ bakomokaga kuri Reweli. Abo ni bo bari abuzukuru ba Basemati umugore wa Esawu.
18 Aba ni bo bahungu ba Oholibama umugore wa Esawu: Hari umutware Yewushi, umutware Yalamu n’umutware Kora. Abo ni bo batware bakomoka kuri Oholibama umugore wa Esawu. Oholibama yari umukobwa wa Ana.
19 Abo ni bo bakomoka kuri Esawu, ari we Edomu,+ hamwe n’abatware babo.
20 Aba ni bo bakomotse kuri Seyiri w’Umuhori, ari na bo bari batuye muri icyo gihugu:+ Hari Lotani, Shobali, Sibeyoni, Ana,+ 21 Dishoni, Eseri na Dishani.+ Abo ni bo bari abatware mu gihugu cya Edomu, bakomotse kuri Seyiri.
22 Abahungu ba Lotani ni Hori na Hemamu. Mushiki wa Lotani yitwaga Timuna.+
23 Aba ni bo bahungu ba Shobali: Hari Alivani, Manahati, Ebali, Shefo na Onamu.
24 Aba ni bo bahungu ba Sibeyoni:+ Hari Ayiya na Ana. Uwo Ana ni we wabonye ahantu haturukaga amazi ashyushye mu butayu igihe yari aragiye indogobe za papa we Sibeyoni.
25 Aba ni bo bana ba Ana: Hari umuhungu witwa Dishoni n’umukobwa witwa Oholibama.
26 Aba ni bo bahungu ba Dishoni: Hari Hemudani, Eshibani, Yitirani na Kerani.+
27 Aba ni bo bahungu ba Eseri: Hari Biluhani, Zavani na Akani.
28 Aba ni bo bahungu ba Dishani: Hari Usi na Arani.+
29 Aba ni bo batware b’Abahori: Hari umutware Lotani, umutware Shobali, umutware Sibeyoni, umutware Ana, 30 umutware Dishoni, umutware Eseri n’umutware Dishani.+ Abo ni bo bari abatware b’Abahori mu gihugu cya Seyiri.
31 Aba ni bo bami bategetse mu gihugu cya Edomu+ mbere y’uko hagira umwami uwo ari we wese utegeka Abisirayeli:*+ 32 Bela umuhungu wa Bewori yategetse muri Edomu, kandi umujyi yategekaga witwaga Dinihaba. 33 Bela amaze gupfa, Yobabu umuhungu wa Zera w’i Bosira yaramusimbuye, aba umwami. 34 Yobabu amaze gupfa, Hushamu wo mu gihugu cy’Abatemani yaramusimbuye, aba umwami. 35 Hushamu amaze gupfa, Hadadi umuhungu wa Bedadi, ari na we watsinze Abamidiyani+ mu gihugu cy’i Mowabu yaramusimbuye aba umwami, kandi umujyi yategekaga witwaga Aviti. 36 Hadadi amaze gupfa, Samula w’i Masireka yaramusimbuye aba umwami. 37 Samula amaze gupfa, Shawuli w’i Rehoboti yo ku ruzi yaramusimbuye, aba umwami. 38 Shawuli amaze gupfa, Bayali-hanani umuhungu wa Akibori, yaramusimbuye aba umwami. 39 Bayali-hanani umuhungu wa Akibori amaze gupfa, Hadari yaramusimbuye aba umwami. Umujyi yategekaga witwaga Pawu. Umugore we yitwaga Mehetabeli, akaba yari umukobwa wa Matiredi. Matiredi yari umukobwa wa Mezahabu.
40 Aya ni yo mazina y’abatware bakomoka kuri Esawu, hakurikijwe imiryango yabo, aho bari batuye n’amazina yabo: Hari umutware Timuna, umutware Aliva, umutware Yeteti,+ 41 umutware Oholibama, umutware Ela, umutware Pinoni, 42 umutware Kenazi, umutware Temani, umutware Mibusari, 43 umutware Magidiyeli n’umutware Iramu. Abo ni bo batware bakomokaga kuri Edomu, hakurikijwe aho bari batuye mu gihugu cyabo.+ Iyo ni yo nkuru ivuga ibya Esawu, Abedomu bakomotseho.+