Yesaya
38 Muri iyo minsi Hezekiya ararwara yenda gupfa.+ Nuko umuhanuzi Yesaya+ umuhungu wa Amotsi, aza kumureba aramubwira ati: “Yehova yavuze ati: ‘vuga uko ibyo mu rugo rwawe bizagenda kuko ugiye gupfa; ntuzakira.’”+ 2 Hezekiya abyumvise aryama areba ku rukuta maze asenga Yehova ati: 3 “Ndakwinginze Yehova, rwose ndakwinginze ibuka+ ukuntu nakomeje kugukorera ndi indahemuka n’umutima wanjye wose,+ ngakora ibigushimisha.” Nuko Hezekiya ararira cyane.
4 Hanyuma Yehova abwira Yesaya ati: 5 “Subirayo ubwire Hezekiya uti:+ ‘Yehova Imana ya sogokuruza wawe Dawidi aravuze ati: “numvise isengesho+ ryawe, mbona n’amarira yawe.+ None nkongereye imyaka 15 yo kubaho+ 6 kandi wowe n’abatuye muri uyu mujyi nzabakiza umwami wa Ashuri, ndwanirire n’uyu mujyi.+ 7 Iki ni cyo kimenyetso Yehova aguhaye kigaragaza ko Yehova azakora ibyo yavuze:+ 8 Ngiye gutuma igicucu cy’izuba cyari cyamanutse kuri esikariye* za Ahazi, gisubira inyuma ho esikariye 10.”’”+ Nuko igicucu cy’izuba gisubira inyuma ho esikariye 10 kuri esikariye cyari cyamanutseho.
9 Dore ibyo Hezekiya umwami w’u Buyuda yanditse* igihe yarwaraga, hanyuma agakira iyo ndwara:
10 Naravuze nti: “Dore ndacyari muto
Ariko ngomba kwinjira mu marembo y’Imva.*
Ngiye kwamburwa imyaka nari nsigaranye.”
11 Naravuze nti: “Sinzabona Yah,* sinzabona Yah mu gihugu cy’abazima.+
Igihe nzaba ndi kumwe n’abatuye aho ibintu byose biba byarangiye,
Sinzongera kubona abantu.
12 Aho nari ntuye hakuweho hajyanwa kure yanjye+
Kimwe n’ihema ry’abashumba.
Nazingazinze ubuzima bwanjye nk’uko umudozi azinga umwenda amaze kudoda.
Imana yankataguye nk’uko bakata indodo z’umwenda baboha.
Kuva ku manywa kugera nijoro, uba ushaka kungeza ku iherezo ryanjye.+
13 Naratuje ngeza mu gitondo.
Ikomeza kumenagura amagufwa yanjye yose nk’intare.
Kuva ku manywa kugera nijoro, uba ushaka kungeza ku iherezo ryanjye.+
Nakomeje gutegereza ko imfasha ndarambirwa:+
15 None se mvuge iki?
Yaramvugishije kandi yagize icyo ikora.
16 ‘Yehova, ibi bintu* ni byo bituma abantu bose bakomeza kubaho
Kandi ni byo bituma ngira umwuka w’ubuzima.
Uzankiza kandi uzatuma nkomeza kubaho.+
17 Dore, aho kubona amahoro nahuye n’ibibazo bikomeye;
Ariko kubera urukundo rwinshi unkunda*
Ibyaha byanjye byose wabijugunye inyuma yawe.*+
Abapfuye ntibashobora kwiringira ibikorwa byawe by’ubudahemuka.+
19 Umuntu muzima ashobora kugusingiza
Nk’uko nshobora kubigenza uyu munsi.
Umugabo ashobora kwigisha abahungu be ubudahemuka bwawe.+
20 Yehova, nkiza
Kandi tuzacuranga indirimbo zanjye dukoresheje ibikoresho by’umuziki bifite imirya,+
Tuzicurangire mu nzu ya Yehova, igihe cyose tuzaba tukiriho.’”+
21 Hanyuma Yesaya aravuga ati: “Nimuzane akagati gakoze mu mbuto zumye z’umutini maze mugashyire ku kibyimba kugira ngo akire.”+ 22 Hezekiya yari yabajije ati: “Ni ikihe kimenyetso kigaragaza ko nzajya mu nzu ya Yehova?”+