ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ibyakozwe 9
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu gitabo cy’Ibyakozwe

      • Sawuli ajya i Damasiko (1-9)

      • Ananiya yoherezwa ngo afashe Sawuli (10-19a)

      • Sawuli abwiriza ibyerekeye Yesu i Damasiko (19b-25)

      • Sawuli ajya i Yerusalemu (26-31)

      • Petero akiza indwara Ayineya (32-35)

      • Dorukasi wagiraga ubuntu azurwa (36-43)

Ibyakozwe 9:1

Impuzamirongo

  • +Ibk 8:3; 22:4; 26:10, 11; Gal 1:13; 1Tm 1:12, 13

Ibyakozwe 9:2

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni ahantu Abayahudi bahuriraga kugira ngo basenge kandi basome Ibyanditswe. Reba Ibisobanuro by’amagambo.

  • *

    Ibi byerekeza ku nyigisho z’Abakristo n’imyitwarire ibaranga.

Impuzamirongo

  • +Ibk 11:26; 22:4

Ibyakozwe 9:3

Impuzamirongo

  • +Ibk 22:6-11; 26:13-18

Ibyakozwe 9:5

Impuzamirongo

  • +1Kor 15:8
  • +Mat 25:45

Ibyakozwe 9:7

Impuzamirongo

  • +Ibk 22:9

Ibyakozwe 9:9

Impuzamirongo

  • +Ibk 13:11

Ibyakozwe 9:10

Impuzamirongo

  • +Ibk 22:12

Ibyakozwe 9:11

Impuzamirongo

  • +Ibk 21:39; 22:3

Ibyakozwe 9:12

Impuzamirongo

  • +Ibk 9:17

Ibyakozwe 9:13

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditwemo ni “abera bawe.”

Ibyakozwe 9:14

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “kuboha.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 9:1, 2

Ibyakozwe 9:15

Impuzamirongo

  • +Ibk 13:2; Rom 1:1; 1Tm 1:12
  • +Rom 1:5; Gal 2:7; 1Tm 2:7
  • +Ibk 26:1; 27:24

Ibyakozwe 9:16

Impuzamirongo

  • +Ibk 20:22, 23; 21:11; 2Kor 11:23-28; Kol 1:24; 2Tm 1:12

Ibyakozwe 9:17

Impuzamirongo

  • +Ibk 22:12, 13

Ibyakozwe 9:19

Impuzamirongo

  • +Ibk 26:19, 20

Ibyakozwe 9:21

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abajyane ababoshye abashyire.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 8:3; Gal 1:13, 23
  • +Ibk 9:1, 2

Ibyakozwe 9:22

Impuzamirongo

  • +Ibk 17:2, 3

Ibyakozwe 9:23

Impuzamirongo

  • +Ibk 20:2, 3; 23:12; 2Kor 11:23

Ibyakozwe 9:25

Impuzamirongo

  • +2Kor 11:32, 33

Ibyakozwe 9:26

Impuzamirongo

  • +Gal 1:18

Ibyakozwe 9:27

Impuzamirongo

  • +Ibk 4:36, 37
  • +Ibk 9:3, 4; 1Kor 9:1
  • +Ibk 9:19, 20

Ibyakozwe 9:28

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “akajya yinjira kandi agasohoka.”

Ibyakozwe 9:29

Impuzamirongo

  • +2Kor 11:23, 26

Ibyakozwe 9:30

Impuzamirongo

  • +Ibk 11:25; Gal 1:21

Ibyakozwe 9:31

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Reba Umugereka wa A5.

Impuzamirongo

  • +Ibk 8:1
  • +Yoh 14:16

Ibyakozwe 9:32

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abera.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 9:38

Ibyakozwe 9:34

Impuzamirongo

  • +Mat 10:8; Ibk 4:9, 10
  • +Ibk 3:6

Ibyakozwe 9:36

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Izina ry’Ikigiriki Dorukasi n’izina ry’Icyarameyi Tabita, yombi asobanura “ingeragere.”

Ibyakozwe 9:37

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “mu igorofa.”

Ibyakozwe 9:39

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “imyitero.”

Ibyakozwe 9:40

Impuzamirongo

  • +Luka 8:51
  • +Mat 9:24, 25; Luka 7:14, 15; Yoh 11:43, 44

Ibyakozwe 9:41

Impuzamirongo

  • +1Bm 17:23

Ibyakozwe 9:42

Impuzamirongo

  • +Yoh 11:44, 45

Ibyakozwe 9:43

Impuzamirongo

  • +Ibk 10:6, 32

Byose

Ibyak. 9:1Ibk 8:3; 22:4; 26:10, 11; Gal 1:13; 1Tm 1:12, 13
Ibyak. 9:2Ibk 11:26; 22:4
Ibyak. 9:3Ibk 22:6-11; 26:13-18
Ibyak. 9:51Kor 15:8
Ibyak. 9:5Mat 25:45
Ibyak. 9:7Ibk 22:9
Ibyak. 9:9Ibk 13:11
Ibyak. 9:10Ibk 22:12
Ibyak. 9:11Ibk 21:39; 22:3
Ibyak. 9:12Ibk 9:17
Ibyak. 9:14Ibk 9:1, 2
Ibyak. 9:15Ibk 13:2; Rom 1:1; 1Tm 1:12
Ibyak. 9:15Rom 1:5; Gal 2:7; 1Tm 2:7
Ibyak. 9:15Ibk 26:1; 27:24
Ibyak. 9:16Ibk 20:22, 23; 21:11; 2Kor 11:23-28; Kol 1:24; 2Tm 1:12
Ibyak. 9:17Ibk 22:12, 13
Ibyak. 9:19Ibk 26:19, 20
Ibyak. 9:21Ibk 8:3; Gal 1:13, 23
Ibyak. 9:21Ibk 9:1, 2
Ibyak. 9:22Ibk 17:2, 3
Ibyak. 9:23Ibk 20:2, 3; 23:12; 2Kor 11:23
Ibyak. 9:252Kor 11:32, 33
Ibyak. 9:26Gal 1:18
Ibyak. 9:27Ibk 4:36, 37
Ibyak. 9:27Ibk 9:3, 4; 1Kor 9:1
Ibyak. 9:27Ibk 9:19, 20
Ibyak. 9:292Kor 11:23, 26
Ibyak. 9:30Ibk 11:25; Gal 1:21
Ibyak. 9:31Ibk 8:1
Ibyak. 9:31Yoh 14:16
Ibyak. 9:32Ibk 9:38
Ibyak. 9:34Mat 10:8; Ibk 4:9, 10
Ibyak. 9:34Ibk 3:6
Ibyak. 9:40Luka 8:51
Ibyak. 9:40Mat 9:24, 25; Luka 7:14, 15; Yoh 11:43, 44
Ibyak. 9:411Bm 17:23
Ibyak. 9:42Yoh 11:44, 45
Ibyak. 9:43Ibk 10:6, 32
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
  • 19
  • 20
  • 21
  • 22
  • 23
  • 24
  • 25
  • 26
  • 27
  • 28
  • 29
  • 30
  • 31
  • 32
  • 33
  • 34
  • 35
  • 36
  • 37
  • 38
  • 39
  • 40
  • 41
  • 42
  • 43
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Ibyakozwe 9:1-43

Ibyakozwe n’intumwa

9 Ariko Sawuli wari ugikomeza gutera ubwoba abigishwa b’Umwami+ kandi agashaka cyane kubica, asanga umutambyi mukuru, 2 amusaba inzandiko zo kujyana mu masinagogi* y’i Damasiko, kugira ngo abantu bose yari kubona bayobotse Inzira y’Ukuri,*+ baba abagabo cyangwa abagore, ababohe abazane i Yerusalemu.

3 Nuko akiri mu nzira, agiye kugera i Damasiko, atungurwa n’umucyo uturutse mu ijuru uramugota,+ 4 yikubita hasi, maze yumva ijwi rimubwira riti: “Sawuli, Sawuli, kuki untoteza?” 5 Aravuga ati: “Uri nde Nyakubahwa?” Aramubwira ati: “Ndi Yesu,+ uwo utoteza.+ 6 Ngaho haguruka ujye mu mujyi, nugerayo uzabwirwa icyo ugomba gukora.” 7 Icyo gihe abantu bari bari kumwe na we muri urwo rugendo bari bahagaze ariko bumiwe nta cyo bavuga. Mu by’ukuri, bari bumvise ijwi ariko ntibagira umuntu babona.+ 8 Hanyuma Sawuli arahaguruka. Ariko nubwo amaso ye yari afunguye, nta cyo yabonaga. Nuko bamufata ukuboko baramuyobora, bamujyana i Damasiko. 9 Amara iminsi itatu atareba,+ atarya kandi atanywa.

10 I Damasiko hariyo umwigishwa witwaga Ananiya,+ maze Umwami amuhamagara mu iyerekwa ati: “Ananiya!” Na we ati: “Karame Mwami.” 11 Umwami aramubwira ati: “Haguruka ugende unyure mu muhanda witwa Ugororotse, ujye kwa Yuda, ushake umuntu witwa Sawuli w’i Taruso,+ kuko ubu ari gusenga, 12 kandi yabonye mu iyerekwa umugabo witwa Ananiya yinjira akamurambikaho ibiganza kugira ngo yongere kureba.”+ 13 Ariko Ananiya arasubiza ati: “Mwami, numvise abantu benshi bavuga iby’uwo muntu, ukuntu yakoreye ibibi byinshi abantu bawe* bari i Yerusalemu. 14 Kandi na hano ahafite ububasha yahawe n’abakuru b’abatambyi, bwo gufunga* abantu bose bizera izina ryawe.”+ 15 Ariko Umwami aramubwira ati: “Haguruka ugende, kuko uwo muntu namutoranyije+ kugira ngo ageze izina ryanjye mu bindi bihugu,+ ku bami+ no ku Bisirayeli. 16 Nzamwereka neza ibintu byinshi bibi bigomba kuzamubaho bamuhora izina ryanjye.”+

17 Nuko Ananiya aragenda yinjira mu nzu kwa Yuda, arambika ibiganza kuri Sawuli maze aravuga ati: “Muvandimwe Sawuli, Umwami Yesu, wa wundi wakubonekeye uri mu nzira uza, yantumye ngo ngufashe wongere kureba kandi uhabwe umwuka wera.”+ 18 Nuko ako kanya, amaso ye avamo utuntu tumeze nk’amagaragamba turagwa, maze yongera kureba. Hanyuma arahaguruka, arabatizwa, 19 ararya, yongera kugira imbaraga.

Amara iminsi ari kumwe n’abigishwa i Damasiko.+ 20 Nyuma yaho ajya mu isinagogi atangira kubwiriza ibya Yesu, avuga ko Yesu ari Umwana w’Imana. 21 Ariko abamwumvaga bose baratangaraga, bakavuga bati: “Harya uyu si wa muntu watotezaga cyane abantu b’i Yerusalemu bizera iryo zina?+ Ese ntiyaje muri aka gace azanywe no gufata abo bantu, ngo abashyire* abakuru b’abatambyi?”+ 22 Ariko Sawuli akomeza kugenda arushaho kugira ishyaka mu murimo wo kubwiriza, agasobanura ko Yesu ari we Kristo akoresheje amagambo yemeza.+ Ibyo byatumye Abayahudi bari batuye i Damasiko batangara.

23 Nuko hashize iminsi myinshi, Abayahudi bajya inama yo kumwica.+ 24 Icyakora Sawuli amenya ko bamugambaniye. Nanone ku manywa na nijoro bahoraga bagenzura amarembo, kugira ngo bamwice. 25 Ibyo byatumye abigishwa bamufata, bamumanura ari mu gitebo bamunyujije mu mwenge baciye mu rukuta.+

26 Ageze i Yerusalemu,+ akora uko ashoboye ngo yifatanye n’abigishwa. Ariko bose baramutinyaga, kubera ko batemeraga ko yari umwigishwa. 27 Icyakora Barinaba+ aramufasha amushyira intumwa, azibwira mu buryo burambuye ukuntu igihe Sawuli yari mu nzira yabonye Umwami+ kandi ko yavuganye na we, n’ukuntu igihe yari i Damasiko yabwirije ibya Yesu adatinya.+ 28 Nuko akomeza kubana na zo, akajya aho ashaka hose* muri Yerusalemu, akavuga iby’izina ry’Umwami Yesu adatinya. 29 Yavuganaga n’Abayahudi bavugaga Ikigiriki, agasobanura ashishikaye ibyo yizera, ariko bo bagerageza kumwica.+ 30 Abavandimwe babimenye bamujyana i Kayisariya, nyuma bamwohereza i Taruso.+

31 Hanyuma abagize itorero ryo muri Yudaya hose n’i Galilaya n’i Samariya+ bagira amahoro kuko batatotezwaga kandi barakomera. Kubera ko batinyaga Yehova* kandi bagahabwa imbaraga n’umwuka wera,+ bakomezaga kwiyongera.

32 Igihe Petero yakoraga ingendo mu turere twose, yageze no ku bigishwa* babaga i Lida.+ 33 Ahageze abona umugabo witwaga Ayineya, wari umaze imyaka umunani aryamye ku buriri, kuko yari yaramugaye. 34 Nuko Petero aramubwira ati: “Ayineya we, Yesu Kristo aragukijije.+ Haguruka usase uburiri bwawe.”+ Ako kanya ahita ahaguruka. 35 Nuko abari batuye i Lida no mu Kibaya cya Sharoni bose baramubona, maze bizera Umwami.

36 I Yopa hari umwigishwa witwaga Tabita, risobanura Dorukasi.* Yakoraga ibikorwa byinshi byiza kandi agafasha abakene. 37 Ariko muri iyo minsi yararwaye maze arapfa. Nuko baramwuhagira bamuryamisha mu cyumba cyo hejuru muri etaje.* 38 Kubera ko i Lida hari hafi y’i Yopa, abigishwa bumvise ko Petero ari muri uwo mujyi, bamutumaho abagabo babiri ngo bamwinginge bati: “Rwose ngwino ntutinde.” 39 Petero abyumvise arahaguruka ajyana na bo, agezeyo bamujyana mu cyumba cyo hejuru. Nuko abapfakazi bose bakaza aho ari barira, bakamwereka imyenda myinshi n’amakanzu* Dorukasi yari yarababoheye atarapfa. 40 Hanyuma Petero asohora abantu bose,+ maze arapfukama arasenga. Nuko arahindukira areba aho umurambo uri, aravuga ati: “Tabita, byuka!” Nuko Tabita afungura amaso, abonye Petero areguka aricara.+ 41 Petero amuhereza ukuboko aramuhagurutsa, maze ahamagara abigishwa bose n’abapfakazi, amubereka ari muzima.+ 42 Ibyo bimenyekana i Yopa hose, maze abantu benshi bizera Umwami.+ 43 Nuko Petero amara iminsi mike i Yopa, ari kwa Simoni watunganyaga impu.+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze