-
Yosuwa 15:8Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
8 Uwo mupaka warazamukaga ukagera mu Kibaya cy’Umuhungu wa Hinomu,+ ku musozi umujyi w’Abayebusi+ wari wubatseho mu majyepfo, ni ukuvuga Yerusalemu.+ Wazamukaga hejuru ku musozi uteganye n’Ikibaya cy’Umuhungu wa Hinomu mu burengerazuba. Uwo musozi wari uherereye aho Ikibaya cya Refayimu kirangirira mu majyaruguru.
-
-
2 Samweli 5:22Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
22 Abafilisitiya bongera kugaruka buzura ahantu hose mu Kibaya cya Refayimu.+
-
-
1 Ibyo ku Ngoma 11:15-19Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
15 Nuko batatu mu batware 30 baramanuka, bagera ku rutare, aho Dawidi yari ari mu buvumo bwa Adulamu+ kandi icyo gihe abasirikare b’Abafilisitiya bari bashinze amahema yabo mu Kibaya cya Refayimu.+ 16 Dawidi yari yihishe kandi izindi ngabo z’Abafilisitiya zari zashinze amahema i Betelehemu. 17 Nuko Dawidi avuga icyo yifuzaga ati: “Icyampa nkongera kunywa ku mazi yo mu iriba ryo ku marembo ya Betelehemu!”+ 18 Ba basirikare batatu banyura mu nkambi y’Abafilisitiya barwana, bavoma amazi mu iriba ryo ku marembo y’i Betelehemu bayazanira Dawidi. Ariko Dawidi yanga kuyanywa, ayasuka imbere ya Yehova. 19 Aravuga ati: “Nkurikije uko Imana yanjye ibona ibintu, sinshobora kunywa aya mazi. Kuyanywa byaba ari nko kunywa amaraso yabo.+ Kuko abagabo bagiye kuyavoma bari bemeye no gutakaza ubuzima bwabo.” Nuko yanga kuyanywa. Ibyo ni byo ba basirikare batatu b’intwari ba Dawidi bakoze.
-