ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Yeremiya 4:10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 10 Nuko ndavuga nti: “Yehova Mwami w’Ikirenga! Ni ukuri wabeshye aba bantu+ na Yerusalemu, uti: ‘muzagira amahoro,’+ none dore inkota iri ku majosi yacu.”*

  • Yeremiya 5:31
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 31 Abahanuzi bahanura ibinyoma+

      N’abatambyi bagategeka uko bishakiye.

      Abantu banjye bishimira ko bikomeza kugenda bityo.+

      None se, muzabigenza mute ko iherezo rigiye kugera?”

  • Yeremiya 6:13, 14
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 13 “Buri wese, uhereye ku muto muri bo ukageza ku mukuru, yishakira inyungu abanje guhemuka;+

      Uhereye ku muhanuzi ukageza ku mutambyi, buri wese ni umutekamutwe.+

      14 Bagerageza kuvura igikomere* cy’abantu banjye bavura inyuma gusa,* bakavuga bati:

      ‘Hari amahoro! Hari amahoro!’

      Kandi nta mahoro ariho.+

  • Yeremiya 23:16, 17
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 16 Yehova nyiri ingabo aravuga ati:

      “Ntimwumve amagambo abahanuzi babahanurira.+

      Barabashuka.*

      Ibyo bavuga ko beretswe ni ibyo baba bitekerereje,+

      Si ibyo Yehova aba yababwiye.+

      17 Bahora babwira abansuzugura bati:

      ‘Yehova yavuze ati: “muzagira amahoro.”’+

      Nanone babwira umuntu wese ukurikiza umutima we utumva, bati:

      ‘Nta byago bizakugeraho.’+

  • Yeremiya 27:8-10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 8 “‘“Yehova aravuga ati: ‘nihagira igihugu cyangwa ubwami byanga gukorera Nebukadinezari umwami w’i Babuloni kandi bikanga ko umwami w’i Babuloni ashyira umugogo ku ijosi ryabyo, abaturage b’icyo gihugu nzabahana mbateze intambara,+ inzara n’icyorezo,* kugeza igihe nzabamarira nkoresheje ukuboko kwa Nebukadinezari.’

      9 “‘“‘Ubwo rero, ntimukumvire abahanuzi banyu, ababaragurira, abababwira ibyo barose, abakora iby’ubumaji n’abapfumu banyu, bababwira bati: “ntimuzakorera umwami w’i Babuloni.” 10 Kuko babahanurira ibinyoma kandi nimwumvira ibyo binyoma byabo, muzajyanwa kure y’igihugu cyanyu mbatatanye maze murimbuke.

  • Ezekiyeli 13:10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 10 Ibi byose byatewe n’uko bayobeje abantu banjye, bakavuga bati: “ni amahoro!” kandi nta mahoro ariho.+ Iyo barimo kubaka urukuta, barusiga ingwa.’*+

  • Mika 3:11
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 11 Abayobozi baho baca imanza ari uko bahawe ruswa,+

      Abatambyi baho bakigisha ari uko bahawe ibihembo.+

      Abahanuzi baho bahanura ibizaba ari uko bahawe amafaranga.+

      Nyamara bavuga ko bishingikiriza kuri Yehova bagira bati:

      “Nta byago bizatugeraho+

      Kuko Yehova ari kumwe natwe.”+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze