-
Yeremiya 6:13, 14Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
13 “Buri wese, uhereye ku muto muri bo ukageza ku mukuru, yishakira inyungu abanje guhemuka;+
Uhereye ku muhanuzi ukageza ku mutambyi, buri wese ni umutekamutwe.+
14 Bagerageza kuvura igikomere* cy’abantu banjye bavura inyuma gusa,* bakavuga bati:
‘Hari amahoro! Hari amahoro!’
Kandi nta mahoro ariho.+
-
-
Yeremiya 27:8-10Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
8 “‘“Yehova aravuga ati: ‘nihagira igihugu cyangwa ubwami byanga gukorera Nebukadinezari umwami w’i Babuloni kandi bikanga ko umwami w’i Babuloni ashyira umugogo ku ijosi ryabyo, abaturage b’icyo gihugu nzabahana mbateze intambara,+ inzara n’icyorezo,* kugeza igihe nzabamarira nkoresheje ukuboko kwa Nebukadinezari.’
9 “‘“‘Ubwo rero, ntimukumvire abahanuzi banyu, ababaragurira, abababwira ibyo barose, abakora iby’ubumaji n’abapfumu banyu, bababwira bati: “ntimuzakorera umwami w’i Babuloni.” 10 Kuko babahanurira ibinyoma kandi nimwumvira ibyo binyoma byabo, muzajyanwa kure y’igihugu cyanyu mbatatanye maze murimbuke.
-