-
2 Ibyo ku Ngoma 36:9, 10Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
9 Yehoyakini+ yabaye umwami afite imyaka 18, amara amezi atatu n’iminsi 10 ategekera i Yerusalemu kandi yakomeje gukora ibyo Yehova yanga.+ 10 Nuko mu ntangiriro z’umwaka, Umwami Nebukadinezari yohereza abasirikare bafata Yehoyakini bamujyana i Babuloni+ hamwe n’ibikoresho by’agaciro byo mu nzu ya Yehova.+ Hanyuma ashyiraho Sedekiya, wavukanaga na papa wa Yehoyakini, aba umwami w’u Buyuda na Yerusalemu.+
-
-
Yeremiya 24:1Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
24 Hanyuma Yehova anyereka ibitebo bibiri birimo imbuto z’umutini biteretse imbere y’urusengero rwa Yehova. Icyo gihe Umwami Nebukadinezari* w’i Babuloni yari yarajyanye ku ngufu Yekoniya,*+ umuhungu wa Yehoyakimu+ umwami w’u Buyuda n’abatware b’i Buyuda, abanyabukorikori n’abakora ibintu mu byuma.* Yabavanye i Yerusalemu abajyana i Babuloni.+
-
-
Yeremiya 29:1, 2Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
29 Aya ni yo magambo yari mu ibaruwa umuhanuzi Yeremiya yanditse ari i Yerusalemu, akayoherereza abasigaye bo mu bayobozi b’abari barajyanywe i Babuloni ku ngufu, abatambyi, abahanuzi n’abaturage bose, ni ukuvuga abo Nebukadinezari yavanye i Yerusalemu akabajyana i Babuloni ku ngufu. 2 Icyo gihe umwami Yekoniya,+ umugabekazi,*+ abakozi b’ibwami, abatware b’i Buyuda n’i Yerusalemu, abanyabukorikori n’abakora ibintu mu byuma,* bari baravanywe i Yerusalemu.+
-