Igitabo cya mbere cya Samweli
7 Nuko abaturage b’i Kiriyati-yeyarimu baraza bazamukana Isanduku ya Yehova, bayijyana mu rugo rwa Abinadabu+ wari utuye ku musozi maze beza umuhungu we Eleyazari kugira ngo ajye arinda Isanduku ya Yehova.
2 Isanduku yamaze igihe kirekire i Kiriyati-yeyarimu, ni ukuvuga imyaka 20 kandi Abisirayeli bose batangira kugarukira Yehova.+ 3 Samweli arababwira ati: “Niba mugarukiye Yehova mubikuye ku mutima koko,+ mwikureho ibigirwamana+ n’ibishushanyo bya Ashitoreti+ kandi mukorere Yehova n’umutima wanyu wose,+ na we azabakiza Abafilisitiya.”+ 4 Abisirayeli bamaze kumva ayo magambo bajugunya ibishushanyo bya Bayali n’ibya Ashitoreti, bakorera Yehova wenyine.+
5 Samweli aravuga ati: “Muhurize Abisirayeli bose i Misipa+ kugira ngo nsenge Yehova mbasabira.”+ 6 Uwo munsi bahurira i Misipa, bigomwa kurya no kunywa kandi bakajya bavoma amazi bakayasuka imbere ya Yehova.+ Bavugira aho hantu bati: “Twakoshereje Yehova.”+ Nuko Samweli atangira gucira Abisirayeli imanza+ i Misipa.
7 Abafilisitiya bamenye ko Abisirayeli bahuriye i Misipa, abami b’Abafilisitiya+ barazamuka batera Abisirayeli. Abisirayeli babyumvise bagira ubwoba bwinshi bitewe no gutinya Abafilisitiya. 8 Abisirayeli babwira Samweli bati: “Komeza usenge Yehova Imana yacu kugira ngo idufashe,+ idukize Abafilisitiya.” 9 Samweli afata umwana w’intama ucyonka, awutamba ho igitambo gitwikwa n’umuriro,+ ni ukuvuga igitambo giturwa Yehova uko cyakabaye. Nuko Samweli atabaza Yehova ngo afashe Abisirayeli, Yehova na we aramusubiza.+ 10 Igihe Samweli yatambaga igitambo gitwikwa n’umuriro, Abafilisitiya bagiye kurwana n’Abisirayeli. Nuko kuri uwo munsi Yehova ahindisha cyane inkuba mu kirere,+ atuma Abafilisitiya bata umutwe+ maze Abisirayeli barabatsinda.+ 11 Abisirayeli bava i Misipa birukankana Abafilisitiya, bagenda babica inzira yose kugeza mu majyepfo ya Beti-kari. 12 Hanyuma Samweli afata ibuye+ arishinga hagati y’i Misipa n’i Yeshana, aryita Ebenezeri, kuko yavugaga ati: “Kugeza ubu Yehova akomeje kudutabara.”+ 13 Uko ni ko Abafilisitiya batsinzwe ntibongera gutera igihugu cy’Abisirayeli.+ Yehova akomeza kurwanya Abafilisitiya igihe cyose Samweli yari akiriho.+ 14 Nanone Abisirayeli bishubije imijyi Abafilisitiya bari barabambuye, uhereye muri Ekuroni ukagera i Gati. Bishubije utwo turere bari barambuwe n’Abafilisitiya.
Nuko Abisirayeli n’Abamori babana amahoro.+
15 Samweli akomeza kuba umucamanza wa Isirayeli kugeza apfuye.+ 16 Buri mwaka yajyaga i Beteli,+ i Gilugali+ n’i Misipa,+ ajyanywe no gucira imanza Abisirayeli bo muri iyo mijyi yose. 17 Ariko yasubiraga i Rama+ kuko ari ho yari atuye kandi na ho yahaciraga imanza Abisirayeli. I Rama yahubakiye Yehova igicaniro.+