ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Intangiriro 13:14, 15
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 14 Nuko Loti amaze gutandukana na Aburamu, Yehova abwira Aburamu ati: “Itegereze uhereye aho uri, urebe mu majyaruguru, mu majyepfo, mu burasirazuba no mu burengerazuba, 15 kuko iki gihugu cyose ureba nzakiguha wowe n’abazagukomokaho kugeza iteka ryose.+

  • Intangiriro 26:3, 4
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 3 Uzakomeze uture muri iki gihugu uri umwimukira+ nanjye nzakomeza kubana nawe nguhe umugisha. Nzaguha ibi bihugu byose wowe n’abazagukomokaho+ kandi nzasohoza indahiro narahiriye papa wawe Aburahamu+ ubwo namubwiraga nti: 4 ‘Nzatuma abagukomokaho baba benshi cyane, bangane n’inyenyeri zo mu ijuru+ kandi ibi bihugu byose nzabibaha.+ Abazagukomokaho bazatuma abantu bo mu bihugu byose byo ku isi babona umugisha,’*+

  • Gutegeka kwa Kabiri 34:4
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 4 Yehova aramubwira ati: “Iki ni cyo gihugu narahiye Aburahamu, Isaka na Yakobo nti: ‘nzagiha abagukomokaho.’+ Ndakikweretse ngo ukirebeshe amaso kuko utazambuka ngo ukijyemo.”+

  • Ibyakozwe 7:4, 5
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 4 Nuko ava mu gihugu cy’Abakaludaya, ajya gutura i Harani. Igihe yari muri icyo gihugu, papa we yarapfuye,+ maze Imana imutegeka kwimuka akaza gutura muri iki gihugu ari na cyo namwe mutuyemo ubu.+ 5 Icyakora ntiyamuhaye umurage* uwo ari wo wose, habe n’aho gukandagiza ikirenge. Ahubwo yamusezeranyije ko yari kuzamuha iki gihugu, hanyuma ikagiha n’abazamukomokaho,+ nubwo icyo gihe yari ataragira umwana.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze