Igitabo cya mbere cya Samweli
21 Dawidi agera i Nobu+ kwa Ahimeleki wari umutambyi, maze Ahimeleki aza kumwakira afite ubwoba, aramubaza ati: “Byagenze bite ko uri wenyine nta muntu muri kumwe?”+ 2 Dawidi asubiza Ahimeleki wari umutambyi ati: “Hari icyo umwami yantegetse gukora kandi yambwiye ati: ‘ntihagire umuntu n’umwe umenya icyo nagutumye n’icyo nagutegetse gukora.’ Njye n’abantu banjye twahanye gahunda y’aho turi buhurire. 3 None niba ufite imigati itanu uyimpe, cyangwa umpe ikindi kintu cyose ushobora kubona.” 4 Ariko umutambyi asubiza Dawidi ati: “Nta migati isanzwe mfite, keretse imigati yejejwe.+ Gusa nizere ko abantu bawe birinze abagore.”*+ 5 Dawidi asubiza umutambyi ati: “Igihe cyose najyaga ku rugamba, njye n’abantu banjye twakomezaga kwirinda abagore.+ Ubwo niba abantu banjye barakomezaga kuba abera bari mu butumwa busanzwe, urumva batarushaho kuba abera mu gihe bari mu butumwa bwihariye?” 6 Nuko umutambyi amuha imigati yejejwe,+ kuko nta yindi migati yari ihari uretse imigati igenewe Imana* yari yakuwe imbere ya Yehova uwo munsi, kugira ngo bayisimbuze imigati mishya.
7 Uwo munsi hari umwe mu bagaragu ba Sawuli wari wagize impamvu ituma aguma imbere ya Yehova i Nobu. Yitwaga Dowegi+ w’Umwedomu,+ akaba yari umukuru w’abashumba ba Sawuli.
8 Dawidi abaza Ahimeleki ati: “Ese nta cumu cyangwa inkota ufite hano? Ubutumwa umwami yanyoherejemo bwihutirwaga cyane ku buryo ntabashije kuzana inkota cyangwa indi ntwaro.” 9 Umutambyi aramusubiza ati: “Hari inkota ya Goliyati+ wa Mufilisitiya wiciye mu Kibaya cya Ela.+ Ngiriya izingazingiyeho umwenda inyuma ya efodi.+ Niba uyishaka yifate kuko nta yindi ihari.” Dawidi aravuga ati: “Nubundi nta yindi imeze nka yo. Yimpe.”
10 Uwo munsi Dawidi akomeza guhunga+ Sawuli, nuko agera kwa Akishi umwami w’i Gati.+ 11 Abagaragu ba Akishi baramubaza bati: “Ese uyu si we Dawidi umwami wa Isirayeli? Uyu si we baririmbye, igihe babyinaga bavuga bati:
‘Sawuli yishe abantu ibihumbi,
Dawidi yica abantu ibihumbi mirongo’?”+
12 Dawidi akomeza gutekereza kuri ayo magambo kandi agira ubwoba bwinshi cyane+ bitewe na Akishi umwami w’i Gati. 13 Nuko yihindura nk’umuntu udafite ubwenge+ imbere yabo, yigira nk’umusazi bamureba,* agaharatura ku nzugi z’amarembo kandi agata inkonda zikamanuka mu bwanwa. 14 Akishi abwira abagaragu be ati: “Mwe ntimubona ko uyu muntu ari umusazi? Mwamunzaniye ngo mugire nte? 15 Ese nkeneye abasazi ku buryo mwamunzaniye ngo asarire imbere yanjye? Ese uyu mugabo akwiriye kwinjira mu rugo rwanjye?”