ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Uyu munsi

Ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Nzeri

Mukundane.​—Yoh. 13:34.

Niba ukunda abantu bamwe mu itorero abandi ntubakunde, ntiwaba wumvira itegeko rya Yesu ridusaba gukundana. Icyakora, hari igihe ushobora kumva hari abo wisanzuraho cyane kurusha abandi, kandi ibyo na Yesu byamubayeho (Yoh. 13:23; 20:2). Ariko Petero yavuze ko tugomba gukora uko dushoboye ‘tugakunda’ abavandimwe na bashiki bacu bose, nk’abagize imiryango yacu (1 Pet. 2:17). Petero yatugiriye inama yo ‘gukundana cyane tubikuye ku mutima’ (1 Pet. 1:22). Muri uyu murongo, gukundana “cyane” bisobanura gukora uko ushoboye ugakunda umuntu, nubwo byaba bitakoroheye. Urugero, wakora iki mu gihe umuvandimwe akubabaje? Inshuro nyinshi ikintu gihita kituzamo ni ukwihorera, aho gukomeza kumugaragariza urukundo. Icyakora Yesu yafashije Petero kumenya ko kwihorera bidashimisha Imana (Yoh. 18:10, 11). Nyuma yaho Petero yaranditse ati: ‘Ntimukagire uwo mwitura inabi yabagiriye cyangwa ngo musubize ubatutse, ahubwo mumuvugishe mu bugwaneza’ (1 Pet. 3:9). Ubwo rero gukunda abavandimwe cyane, bizatuma ubagirira neza kandi ubakomeze. w23.09 41:9-11

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2025

Ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri

Abagore bagomba kudakabya mu byo bakora, bakaba abizerwa muri byose.—1 Tim. 3:11.

Dutangazwa n’ukuntu umwana akura vuba. Twavuga ko gukura mu buryo bw’umubiri ari ibintu byikora. Ariko gukura mu buryo bw’umwuka byo, si ko bimeze (1 Kor. 13:11; Heb. 6:1). Hari icyo tuba tugomba gukora kugira ngo tubigereho. Tuba tugomba gukora uko dushoboye kose kugira ngo tube incuti za Yehova. Nanone tuba dukeneye umwuka wera wa Yehova kugira ngo udufashe kwitoza imico iranga Abakristo, kwiga ibintu bizadufasha mu buzima no kwitoza gusohoza inshingano tuzagira nitumara gukura (Imig. 1:5). Yehova yaremye umugabo n’umugore (Intang. 1:27). Iyo urebye umugabo n’umugore ubona batameze kimwe, ariko hari n’ibindi bintu byinshi batandukaniyeho. Igihe Yehova yaremaga umugabo n’umugore, yabahaye inshingano zitandukanye. Ubwo rero, hari imico n’ibindi bintu baba bagomba kwitoza kugira ngo bazisohoze.​—Intang. 2:18. w23.12 52:1-2

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2025

Ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri

Muhindure abigishwa mu bantu bo mu mahanga yose, mubabatiza mu izina rya Data n’iry’Umwana.​—Mat. 28:19.

Ese Yesu yashakaga ko n’abandi bakoresha izina rya Papa we? Cyane rwose. Bamwe mu bayobozi b’idini bo muri icyo gihe, bumvaga ko izina ry’Imana ryera cyane, ku buryo kurivuga byaba ari ukuyisuzugura. Ariko Yesu ntiyigeze yemera ko imigenzo nk’iyo idashingiye ku Byanditswe imubuza kubahisha izina rya Yehova. Reka turebe uko byagenze igihe yari mu karere ka Gerasa, agakiza umuntu abadayimoni. Abantu baho bagize ubwoba bwinshi, maze binginga Yesu ngo ave muri ako gace, nuko na we arigendera (Mar. 5:16, 17). Ariko n’ubundi, Yesu yifuzaga ko abantu baho bamenya izina rya Yehova. Ni yo mpamvu yasabye uwo muntu kubwira abandi ibyo Yehova yamukoreye, aho kuvuga ibyo Yesu yakoze (Mar. 5:19). No muri iki gihe, Yesu yifuza ko tumenyesha abatuye isi yose izina rya Yehova (Mat. 24:14; 28: 20). Iyo tubigenje dutyo, bishimisha Umwami wacu Yesu. w24.02 6:10

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2025
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze