IMIGANI
1 Iyi ni imigani ya Salomo+ umuhungu wa Dawidi,+ umwami wa Isirayeli.+
3 Ituma yemera kwigishwa+ bityo akagira ubwenge,
Agakiranuka,+ agakurikiza ubutabera+ kandi akaba inyangamugayo.
4 Ituma umuntu utaraba inararibonye agira ubwenge,+
Kandi igatuma umuntu ukiri muto agira ubumenyi n’ubushobozi bwo gutekereza.*+
5 Umunyabwenge atega amatwi kandi akarushaho kumenya.+
Umuhanga ni we ubona ubuyobozi burangwa n’ubwenge,+
6 Bigatuma asobanukirwa imigani, amagambo agoye gusobanukirwa,
Amagambo y’abanyabwenge n’ibisakuzo byabo.+
7 Gutinya Yehova ni intangiriro yo kugira ubumenyi.+
Abaswa ni bo bonyine banga kugira ubwenge kandi ntibemera gukosorwa.+
9 Bizakubera nk’ikamba ryiza cyane wambaye ku mutwe,+
Kandi bikubere nk’umukufi mwiza wambaye mu ijosi.+
10 Mwana wanjye, abanyabyaha nibagerageza kugushuka ntukemere.+
11 Nibakubwira bati: “Ngwino tujyane,
Twihishe dutege abantu, maze tubice,
Tugirire nabi abantu b’inzirakarengane tubahora ubusa,
12 Tubamire ari bazima nk’uko Imva* imira abantu,
Ndetse tubamire bunguri nk’abamanuka bajya mu rwobo,
13 Dutware ibintu byabo byose by’agaciro,
Maze twuzuze amazu yacu ibyo twasahuye.
14 Rwose ngwino tujyane,
Tuzagabana ibyo tuziba byose tunganye.”
15 Mwana wanjye ntukajyane na bo.
17 Gutega umutego inyoni iwureba ni ukurushywa n’ubusa.
18 Ni yo mpamvu bihisha kugira ngo bice abantu.
Barabatega kugira ngo babambure ubuzima.
20 Ubwenge nyakuri+ bukomeza kurangurura mu muhanda.+
Ijwi ryabwo rikomeza kumvikanira ahantu hahurira abantu benshi.+
21 Buhamagara buri mu mahuriro y’imihanda inyuramo abantu benshi.
Buvugira amagambo yabwo mu marembo y’umujyi bugira buti:+
22 “Mwa bantu mwe mudafite ubumenyi, muzakomeza kubura ubumenyi kugeza ryari?
Namwe mukunda gusekana, muzishimira guseka abandi kugeza ryari?
Mwa bantu batagira ubwenge mwe, muzakomeza kwanga ubwenge kugeza ryari?+
Ni bwo nzabasukaho umwuka wanjye,
Mbamenyeshe amagambo yanjye.+
25 Mwakomeje kutumvira inama zose nabagiriye,
Kandi nabacyaha ntimwemere.
27 Ibyo mutinya nibibisukaho nk’imvura y’amahindu,
N’ibyago bikabibasira bimeze nk’umuyaga ukaze,
Igihe muzaba mwahuye n’ingorane n’ibihe bigoye,
28 Icyo gihe muzampamagara ariko sinzitaba.
Muzanshakana umwete ariko ntimuzambona,+
29 Kubera ko mwanze kugira ubumenyi,+
Kandi ntimutinye Yehova.+
30 Mwanze inama zanjye,
Kandi narabacyashye muransuzugura.
31 Ni yo mpamvu muzagerwaho n’ingaruka z’ibikorwa byanyu,+
Kandi imigambi mibi mupanga izabateza imibabaro.
32 Kuyoba kw’abantu bataraba inararibonye ni ko kuzatuma bapfa,
Kandi kwidamararira kw’abantu batagira ubwenge ni ko kuzatuma barimbuka.
2 Mwana wanjye, niwemera amagambo yanjye,
Kandi amategeko yanjye ukayaha agaciro,+
2 Ugatega amatwi ibyo ubwenge buvuga,+
Kandi umutima wawe ukawushishikariza kugira ubushishozi,+
3 Kandi niba ukora uko ushoboye ngo usobanukirwe,+
Ugahatana kugira ngo ugire ubushishozi,+
4 Niba ukomeza gushaka ibyo bintu nk’ushaka ifeza,+
Kandi ugakomeza kubishakisha nk’ushaka ubutunzi buhishwe,+
5 Ni bwo uzasobanukirwa icyo gutinya Yehova ari cyo,+
Kandi uzamenya Imana.+
9 Ubwo rero nawe uzasobanukirwa icyo gukiranuka n’ubutabera no kuba inyangamugayo ari cyo,
Bityo ukore ibyiza.+
10 Niwishimira kugira ubwenge,+
Kandi ugashimishwa no kugira ubumenyi,+
11 Ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu buzakurinda,+
Kandi ubushishozi na bwo buzakurinda,
12 Kugira ngo bugukize inzira mbi
N’abantu bavuga ibintu bibi,+
13 N’abaretse gukora ibyiza
Bakaba bakora ibibi,+
14 N’abitwara nabi,
Bagashimishwa no gukora ibintu bibi biteye isoni,
15 N’indyarya,
N’abarimanganya* mu byo bakora byose.
16 Buzagukiza umugore wiyandarika,
Bukurinde amagambo aryohereye y’umugore w’indaya,+
17 Ureka incuti ye magara* yo mu bukumi bwe,+
Akibagirwa isezerano ry’Imana ye.
18 Kuko kujya mu nzu ye ari nko gusanga urupfu,
Kandi inzira ijya mu nzu ye ni nk’inzira ijya mu mva.+
3 Mwana wanjye ntukibagirwe ibyo nkwigisha,
Kandi ujye uhora wumvira amategeko yanjye,
2 Kuko bizatuma ubaho igihe kirekire,
Kandi ukagira amahoro.+
3 Ntukareke kugaragaza urukundo n’ubudahemuka.+
8 Ibyo bizaba nk’umuti ukuvura,
Maze wongere ugire imbaraga.
9 Jya uhesha Yehova icyubahiro ukoresheje ubutunzi bwawe,+
N’ibyiza kurusha ibindi byo mu musaruro wawe.+
11 Mwana wanjye, ntukange igihano Yehova aguha,+
Kandi ntukarakare nagucyaha,+
12 Kuko Yehova ahana uwo akunda,+
Nk’uko umubyeyi ahana umwana we yishimira.+
15 Bufite agaciro kenshi kuruta amabuye y’agaciro yo mu nyanja,*
Kandi mu byo wakwifuza byose nta cyaburuta.
16 Nugira ubwenge uzabaho igihe kirekire,
Kandi uzagira ubutunzi n’icyubahiro.
18 Iyo umuntu akomeje kugira ubwenge bumubera nk’igiti cy’ubuzima.
Umuntu ukomeza kubugira, azabona imigisha.+
19 Yehova yaremye isi abigiranye ubwenge,+
Kandi yashyizeho ijuru ararikomeza abigiranye ubushishozi.+
20 Ubumenyi bwe ni bwo bwatumye atandukanya amazi menshi cyane,
N’ibicu byo mu kirere bigakomeza kuvamo imvura.+
21 Mwana wanjye, ibyo ntukabyibagirwe.*
Rinda ubwenge bwawe n’ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu.
22 Bizaguhesha ubuzima,
Kandi bikubere nk’umurimbo wambara mu ijosi.
25 Ntuzatinya ikintu giteye ubwoba gitunguranye,+
Cyangwa ibyago bizagera ku babi bimeze nk’imvura irimo umuyaga mwinshi.+
28 Ntukabwire mugenzi wawe uti: “Genda uzagaruke ejo ni bwo nzagira icyo nguha,”
Kandi ugifite muri uwo mwanya.
33 Yehova yemera ko abo mu rugo rw’umuntu mubi bagerwaho n’ibyago,+
Ariko aha umugisha abo mu rugo rw’umukiranutsi.+
4 Bana banjye, mujye mwumva ibyo papa wanyu abigisha+ kandi mubyitondere,
Kugira ngo mugire ubushobozi bwo gusobanukirwa.
2 Amabwiriza mbaha ni meza.
Ntimukirengagize ibyo mbigisha.+
4 Papa yaranyigishaga akambwira ati: “Ujye uzirikana ibyo nkubwira.+
Ujye wumvira amategeko yanjye kugira ngo ubeho.+
5 Gira ubwenge n’ubushobozi bwo gusobanukirwa,+
Kandi ntukibagirwe ibyo nkubwira cyangwa ngo ubyirengagize.
6 Ntukareke ubwenge kuko buzakurinda,
Ujye ubukunda na bwo buzagufasha.
7 Ubwenge ni bwo bw’ingenzi cyane.+ Bityo rero jya ubushakisha,
Kandi mu byo ukora byose ntukirengagize kugira ubuhanga.+
8 Ujye uha ubwenge agaciro na bwo buzatuma ushyirwa hejuru.+
Buzatuma ugira icyubahiro kuko wabukomeyeho.+
9 Buzakubera nk’umurimbo wambaye ku mutwe,
Bukubere nk’ikamba ry’ubwiza.”
12 Nugenda nta kizakubangamira,
Kandi niwiruka ntuzasitara.
13 Emera igihano kandi ntukireke.+
Jya uzirikana ibyo wigishijwe kuko ari byo bizatuma ubaho.+
16 Ntibashobora gusinzira batarakora ibibi,
Kandi ntibashobora gusinzira batabonye uwo bagusha.
17 Babona ibyokurya bakoze ibikorwa by’urugomo,
Kandi banywa divayi babanje kugira nabi.
18 Ariko inzira y’abakiranutsi ni nk’umucyo wa mu gitondo,
Ukomeza kugenda wiyongera kugeza ku manywa.+
19 Inzira y’ababi yo imeze nk’umwijima mwinshi cyane.
Ntibamenya ibibasitaza.
20 Mwana wanjye, itondere amagambo yanjye,
Kandi utege amatwi ibyo nkubwira.
21 Ntukabyibagirwe,
Ahubwo ujye ukomeza kubibika ku mutima wawe,+
22 Kuko abumvira amagambo yanjye bibahesha ubuzima,+
Kandi bigatuma bamererwa neza.
25 Ujye ureba imbere yawe!
Rwose ntukarangare ngo urebe iburyo cyangwa ibumoso.+
26 Jya ukura ibisitaza mu nzira yawe.+
Bizatuma ugenda ufite umutekano kandi nta bigutega.
27 Ntukayobe ngo unyure iburyo cyangwa ibumoso.+
Jya wirinda ibibi.
5 Mwana wanjye, ujye wita ku magambo y’ubwenge nkubwira,
Kandi utege amatwi ibyo nkwigisha ku birebana n’ubushishozi,+
2 Kugira ngo urinde ubushobozi bwawe bwo gutekereza,
Kandi ibyo uvuga bigaragaze ko ufite ubumenyi.+
4 Ariko ingaruka z’uwo mugore zisharira nk’umuravumba,+
Kandi zikomeretsa nk’inkota ityaye ku mpande zombi.+
6 Ntajya atekereza inzira y’ubuzima,
Aba agenda nk’utazi iyo ajya.
7 None rero mwana wanjye, ntega amatwi,
Kandi ntiwirengagize ibyo nkubwira.
8 Ujye ugendera kure uwo mugore,
Kandi ntukagere ku muryango w’inzu ye,+
9 Kugira ngo abantu batakugaya,+
Kandi ukazamara imyaka myinshi ubabaye,+
10 N’ubutunzi bwawe ntibutwarwe n’abantu utazi,+
Cyangwa ngo ibyo wakoreye bitwarwe n’undi muntu.
11 Nutanyumvira amaherezo uzahura n’imibabaro myinshi,
Kubera ko uzaba utagifite imbaraga kandi n’umubiri wawe warangiritse.+
12 Icyo gihe uzavuga uti: “Sinakurikije inama nagirwaga,
Nta n’ubwo nemeye gucyahwa!
13 Sinumviye abanyigishaga,
Kandi sinitaye ku byo bambwiraga.
18 Isoko y’amazi yawe nihabwe umugisha,
Kandi ujye wishimana n’umugore wo mu busore bwawe,+
19 Akubere nk’imparakazi ikundwa, kandi akubere nk’isirabo* iteye ubwuzu.+
Amabere ye ahore akunezeza,
Kandi urukundo rwe rutume uhora unezerewe cyane.+
21 Ibyo umuntu akora byose Yehova aba abibona.
Agenzura imyitwarire ye yose.+
23 Azapfa azize ko yabuze umuntu umuhana,
No kuba yarayobejwe no kutagira ubwenge.
6 Mwana wanjye, niba warishingiye mugenzi wawe,+
Ukaba waragiranye amasezerano n’umuntu utazi mugakorana mu ntoki,+
2 Niba waraguye mu mutego bitewe n’isezerano watanze,
Ugafatirwa mu magambo wivugiye,+
3 Mwana wanjye, ibyo bisobanura ko mugenzi wawe yakwigaruriye.
Ubwo rero kugira ngo wibohore dore icyo wakora:
Genda wicishe bugufi, umwinginge umutitiriza.+
4 Ntukemere gusinzira,
Kandi ntukemere gutora agatotsi.
5 Ibohore nk’isirabo* iva mu maboko y’umuhigi,
Cyangwa nk’inyoni iva mu maboko y’umuntu utega inyoni.
7 Nubwo kitagira umuyobozi, umutware cyangwa umutegetsi,
8 Gitegura ibyokurya byacyo mu mpeshyi,+
Kandi kigakusanya ibyokurya byacyo mu gihe cyo gusarura imyaka.
9 Wa munebwe we, uzaryamira ugeze ryari?
Uzakanguka ryari?
10 Uba wibwira uti: “Reka nongere nsinzire ho gato, mbe mfashe agatotsi,
Nipfumbate ho gato nduhuke.”+
11 Ariko ubukene buzagutera bugutunguye nk’umujura,
N’ubutindi bugutere bumeze nk’umuntu witwaje intwaro.+
12 Umuntu utagira umumaro w’inkozi y’ibibi, agenda avuga amagambo arimo uburyarya.+
13 Agenda yica ijisho,+ agaca n’amasiri akoresheje intoki n’ibirenge.
14 Umutima we uba warononekaye.
Ahorana imigambi yo kugira nabi.+ Ahora akurura amakimbirane.+
15 Ni yo mpamvu ibyago bizamugeraho bimutunguye.
Azahanwa bidatinze kandi nta kizamukiza.+
16 Hariho ibintu bitandatu Yehova yanga,
Ndetse ni ibintu birindwi yanga cyane:
17 Ubwibone,+ kubeshya,+ kwica abantu b’inzirakarengane,+
18 Gucura imigambi mibi,+ ubugizi bwa nabi,
No guteza amakimbirane hagati y’abavandimwe.+
21 Ujye ubihoza ku mutima wawe
Kugira ngo utabyibagirwa kandi bikubere nk’umurimbo wambara mu ijosi.
22 Ibyo bakwigisha bizakuyobora mu gihe uzaba ugenda,
Bizakurinda mu gihe uzaba uryamye,
Kandi mu gitondo nukanguka, bizatuma umenya icyo ugomba gukora.
Ariko gusambana n’umugore w’undi mugabo byo bikamwambura ubuzima.
27 Ese umuntu yashyira umuriro mu gituza cye imyenda ye ntishye?+
28 Cyangwa umuntu yakandagira amakara yaka, ibirenge bye ntibibabuke?
29 Uko ni ko bigendekera umuntu wese usambana n’umugore wa mugenzi we.
Umukorakora wese ntazabura guhanwa.+
30 Abantu ntibagaya umujura
Bitewe n’uko yibye ashonje, ashaka icyo arya.
31 Nyamara iyo afashwe, ibyo yibye abiriha ibibikubye karindwi,
Agatanga ibintu byose by’agaciro byo mu nzu ye.+
32 Umuntu wese usambana n’umugore ntagira ubwenge.
Ubikora aba yirimbuza.+
35 Ntazemera ikintu icyo ari cyo cyose wamwishyura,
Kandi niyo wamuha impano nyinshi cyane, ntazashira uburakari.
4 Ubwire ubwenge uti: “Uri mushiki wanjye,”
Naho gusobanukirwa ubyite “mwene wanyu.”
6 Nari ndi mu idirishya ry’inzu yanjye,
Maze ndeba hanze.
7 Igihe nitegerezaga abantu bataraba inararibonye,
Narebye mu bakiri bato, mbonamo umusore utagira ubwenge.+
8 Yagendagendaga mu muhanda, hafi y’aho uwo mugore yari atuye, aho imihanda ihurira,
Maze agenda yerekeza ku nzu ye.
11 Ni umugore ugira utugambo twinshi kandi utagira uwo yubaha.+
Ntajya aguma mu rugo.
12 Rimwe aba ari hanze, ubundi akaba ari aho abantu benshi bahurira,
Cyangwa akaba ari hafi y’ihuriro ry’imihanda ari ho ategerereje.+
13 Afata uwo musore maze aramusoma,
Amubwira nta soni afite ati:
15 Ni yo mpamvu naje kugusanganira.
Nashakaga kukureba none ndakubonye.
17 Nabuteyeho parufe ihumura neza ikozwe mu ishangi, umusagavu na sinamoni.*+
18 Ngwino tunywe urukundo rwacu dushire inyota tugeze mu gitondo,
Twishimane kandi tugaragarizanye urukundo.
19 Umugabo wanjye ntahari.
Yagiye mu rugendo rwa kure.
20 Yagiye yitwaje amafaranga menshi,
Kandi azagaruka mu rugo mu mpera z’ukwezi.”
22 Ako kanya uwo musore ahita amukurikira ameze nk’ikimasa kigiye kubagwa,
Cyangwa umuntu utagira ubwenge babohesheje iminyururu bagiye kumuhana,+
23 Kugeza ubwo umwambi wamuhinguranyije umwijima.
Ameze nk’inyoni yihutira kugwa mu mutego. Ntazi ko ibyo akora bishyira ubuzima bwe mu kaga.+
24 None rero mwana wanjye, ntega amatwi
Kandi witondere ibyo nkubwira.
25 Ntugashukwe n’uwo mugore,
Kandi ntukamukurikire,+
26 Kuko abo yagushije bagapfa ari benshi,+
Kandi abo akomeje kwica na bo ni benshi.+
3 Bukomeza kurangururira iruhande rw’imiryango y’umujyi,
Mu irembo ry’aho binjirira,
Bukarangurura bugira buti:+
4 “Mwa bantu mwe, ni mwe mpamagara.
Ndabwira buri wese.
5 Mwa bantu mwe mutaraba inararibonye, nimugire ubushishozi.+
Namwe bantu mutagira ubwenge, nimugire ubwenge.
6 Nimuntege amatwi kuko ibyo mvuga ari iby’ingenzi,
Kandi amagambo yanjye arakiranuka.
7 Mvuga ukuri,
Kandi nanga cyane kuvuga ibinyoma.
8 Ibyo mvuga byose birakiranuka.
Mu magambo yanjye ntihabamo uburyarya n’ibinyoma.
9 Umuntu ufite ubushishozi, ayumva yose bitamugoye,
Kandi umuntu wese ufite ubumenyi abona ko ahuje n’ukuri.
11 Kuko ubwenge ari bwiza kuruta amabuye y’agaciro yo mu nyanja,*
Kandi mu bindi bintu byose bishimisha, nta cyahwana na bwo.
13 Gutinya Yehova ni ukwanga ibibi.+
Nanga kwishyira hejuru, ubwibone,+ ibikorwa bibi n’amagambo y’uburyarya.+
14 Nshobora gutanga inama nziza kandi mfite ubwenge.+
Mfite ubushobozi+ bwo gusobanukirwa nkagira n’imbaraga.+
18 Mfite ubutunzi, icyubahiro,
Ubukire budashira no gukiranuka.
19 Ibintu mpa abantu ni byiza cyane kuruta zahabu, ndetse kuruta zahabu itavangiye,
Kandi impano mpa abantu ni nziza cyane kuruta ifeza nziza cyane.+
20 Ibyo nkora byose birakiranuka,
Kandi buri gihe nca imanza zitabera.
22 Yehova atangira kurema ni njye yahereyeho.+
Ndi uwa mbere mu byo yaremye kera cyane.+
24 Nabayeho amazi menshi y’inyanja+ atarabaho,
Mbere y’uko amazi atangira gutemba aturutse mu butaka.
25 Nabayeho mbere y’uko imisozi ishyirwaho,
Na mbere y’uko udusozi tubaho,
26 Igihe Imana yari itararema isi n’imirima iyiriho,
N’ubutaka bahingaho.
27 Igihe yateguraga ijuru+ nari mpari,
Igihe yashyiragaho umupaka utandukanya ijuru n’ikirere,+
28 Igihe yashyiraga ibicu hejuru akabikomeza,
Akuzuza inyanja amazi,
29 Igihe yategekaga inyanja,
Kugira ngo amazi yayo atarengera imipaka yayashyiriyeho,+
Igihe yashyiragaho fondasiyo z’isi,
30 Icyo gihe nari kumwe na yo ndi umukozi w’umuhanga,+
Kandi uko bwije n’uko bukeye yarushagaho kunkunda+ mu buryo bwihariye,
Nanjye ngahora nishimye imbere yayo.+
31 Nishimiraga isi yayo ituwe,
Kandi nakundaga abantu cyane.
32 “None rero bana banjye, nimuntege amatwi.
Ni ukuri, abanyumvira ni bo babona imigisha.
34 Umuntu ugira ibyishimo ni untega amatwi,
Buri munsi akazindukira hafi y’umuryango w’inzu yanjye,
Agategerereza hafi y’urugi rwanjye.
9 Ubwenge nyakuri bwiyubakiye inzu,
Bubaza n’inkingi zayo zirindwi.
4 “Umuntu wese utaraba inararibonye naze hano.”
Bubwira umuntu wese utagira ubwenge buti:
5 “Nimuze murye,
Kandi munywe no kuri divayi nateguye.
6 Mwitandukanye n’abataraba inararibonye kugira ngo mubeho,+
Kandi ibyo mukora bigaragaze ko musobanukiwe.”+
8 Ntugacyahe umuntu wirata kugira ngo atakwanga.+
Ujye ucyaha umunyabwenge na we azagukunda.+
9 Igisha umunyabwenge na we azarushaho kuba umunyabwenge.+
Ungura umukiranutsi ubumenyi na we azarushaho kumenya.
10 Gutinya Yehova ni intangiriro y’ubwenge,+
Kandi kumenya Imana yera+ ni byo bituma umuntu asobanukirwa.
12 Niba warabaye umunyabwenge, ni wowe bizagirira akamaro.
Ariko niba useka abandi ni wowe bizagiraho ingaruka.
13 Umugore utagira ubwenge agira utugambo twinshi.+
Ntareba kure kandi nta cyo amenya.
14 Yicara imbere y’umuryango w’inzu ye,
Ahantu hejuru areba mu mujyi,+
15 Agahamagara abantu bose bamunyuzeho,
Akabwira abigiriye muri gahunda zabo ati:
16 “Utaraba inararibonye wese naze hano.”
Nanone abwira abantu bose batagira ubwenge ati:+
18 Ariko abo bantu ntibaba bazi ko abajya mu nzu y’uwo mugore baba bashaka urupfu,
Umwana w’umunyabwenge ashimisha papa we,+
Ariko umwana utagira ubwenge atera mama we agahinda.
2 Ubutunzi umuntu abonye abukuye mu bikorwa bibi, nta cyo bumumarira,
Ariko gukiranuka kurinda umuntu urupfu.+
5 Umwana ukusanya imyaka mu mpeshyi aba agaragaza ubushishozi,
Ariko umwana uryamira mu gihe cyo gusarura imyaka yikoza isoni.+
8 Umunyabwenge yemera amabwiriza ahawe,+
Ariko umuntu uvuga amagambo atarangwa n’ubwenge azakandagirirwa hasi.+
10 Umuntu wicira abandi ijisho abikoranye uburyarya atera agahinda,+
Kandi umuntu uvuga amagambo y’ubupfapfa azakandagirirwa hasi.+
13 Umuntu ugaragaza ubushishozi avuga amagambo y’ubwenge,+
Ariko umuntu utagira ubwenge azahanishwa inkoni.+
15 Umukire aba abona ko ubutunzi bwe ari nk’umujyi ukomeye,
Ariko abakene barimburwa n’ubukene bwabo.+
17 Uwemera gukosorwa atuma abandi babona ubuzima,
Ariko uwanga guhanwa ayobya abandi.
18 Umuntu uhisha urwango avuga ibinyoma,+
Kandi umuntu ukwirakwiza amagambo yo gusebanya ntagira ubwenge.
20 Ibyo umukiranutsi avuga ni nk’ifeza nziza cyane,+
Ariko ibitekerezo by’umuntu mubi nta gaciro biba bifite.
23 Umuntu utagira ubwenge abona ko kwishora mu bwiyandarike ari nk’umukino,
Ariko ubwenge bufitwe n’abagira ubushishozi.+
25 Nk’uko umuyaga mwinshi uhuha ugashira, ni ko n’umuntu mubi azavaho.+
Ariko umukiranutsi ni nka fondasiyo ikomeye izahoraho kugeza iteka.+
26 Nk’uko divayi isharira imerera amenyo, kandi nk’uko umwotsi umerera amaso,
Ni ko n’umuntu w’umunebwe amerera umukoresha we.
27 Gutinya Yehova bituma umuntu abaho igihe kirekire,+
Ariko imyaka yo kubaho y’abantu babi izagabanywa.+
29 Ibyo Yehova akora ni nk’urukuta rurerure rurinda umuntu w’inyangamugayo,+
Ariko bizatuma abakora ibibi bo barimbuka.+
31 Umukiranutsi buri gihe avuga amagambo arimo ubwenge,
Ariko umuntu uvuga ibinyoma we azacecekeshwa.
32 Ibyo umukiranutsi avuga biba bishimishije,
Ariko ibyo umuntu mubi avuga biba ari bibi.
5 Gukiranuka k’umuntu w’inyangamugayo ni byo bizatuma akora ibikwiriye,
Ariko umuntu mubi we azahura n’ibibazo bitewe n’ububi bwe.+
7 Iyo umuntu mubi apfuye, ibyo yiringiye na byo birashira,
Kandi ibyo yari yiteze kugeraho yishingikirije ku mbaraga ze, na byo biba birangiye.+
9 Umuntu utubaha Imana* avuga amagambo arimbuza mugenzi we,
Ariko umukiranutsi akizwa no kugira ubumenyi.+
10 Ibikorwa byiza by’abakiranutsi bituma abo mu mujyi bose bishima,
Kandi iyo ababi barimbutse abantu barangurura amajwi y’ibyishimo.+
14 Iyo abantu batayoboranywe ubwenge bahura n’imibabaro,
Ariko aho abajyanama benshi bari ibintu bigenda neza.+
15 Uwemera kuzishyura ideni ry’umuntu* atazi bizamuteza ibibazo,+
Ariko uwanga kugirana amasezerano n’umuntu ushaka ko azamwishyurira ideni,* yirinda ibibazo.
20 Yehova yanga cyane abantu b’indyarya,+
Ariko abakomeza kuba inyangamugayo mu byo bakora byose baramushimisha.+
22 Umugore ufite ubwiza ariko utagira ubwenge,
Ameze nk’impeta ya zahabu iri ku zuru ry’ingurube.
24 Habaho umuntu ugira ubuntu agakunda gutanga, nyamara agakomeza kugira ibintu byinshi.+
Undi we akifata ntatange ibyo yari akwiriye gutanga, ariko bikamutera ubukene gusa.+
26 Ugumana ibinyampeke akanga kubigurisha azavugwa nabi,
Ariko uwemera kubigurisha azavugwa neza.
29 Ukururira urugo rwe ibyago nta cyo azageraho,+
Kandi umuntu utagira ubwenge azaba umugaragu w’umunyabwenge.
31 Niba umukiranutsi uri ku isi ahemberwa ibyo akora,
Ni gute umuntu mubi n’umunyabyaha batahanirwa ibyaha byabo?+
4 Umugore ushoboye ahesha icyubahiro umugabo we,+
Ariko umugore ukora ibiteye isoni, amumerera nk’indwara imunga amagufwa.+
5 Ibyo abakiranutsi batekereza biba bikwiriye,
Ariko inama ababi batanga zirayobya.
8 Umuntu azashimirwa bitewe n’uko avuga amagambo agaragaza ubushishozi,+
Ariko umuntu w’indyarya arasuzugurwa.+
9 Umuntu udahabwa icyubahiro cyane ariko yifitiye umugaragu,
Aruta uwishyira hejuru ariko adafite ibyokurya.+
10 Umukiranutsi yita ku matungo ye,+
Ariko nubwo umuntu mubi yakwibwira ko afite imbabazi, mu by’ukuri aba ari umugome.
12 Umuntu mubi yifuza ibyo abantu babi baba basahuye,
Ariko umukiranutsi aba ameze nk’igiti cyashoye imizi kandi kikera imbuto nziza.
16 Umuntu utagira ubwenge ahita agaragaza uburakari bwe,+
Ariko umuntu ugira ubushishozi yirengagiza ibitutsi.
17 Umutangabuhamya wizerwa avuga ukuri,
Ariko umutangabuhamya ushinja ibinyoma agira uburiganya.
18 Amagambo umuntu avuga atayatekerejeho akomeretsa nk’inkota,
Ariko ibyo abanyabwenge bavuga birakiza.+
23 Umuntu ufite ubushishozi ntapfa kuvuga ibyo azi,
Ariko umuntu utagira ubwenge, avuga amagambo atarimo ubwenge.+
2 Amagambo meza umuntu avuga azamuhesha ibyiza,+
Ariko abariganya baba bifuza gukora ibikorwa by’urugomo.
4 Umunebwe yifuza ibintu byinshi ariko ntagire icyo abona,+
Nyamara umuntu ukorana umwete we azabona ibihagije.+
7 Hari umuntu wigira umukire kandi nta cyo yigirira.+
Hari n’uwigira umukene kandi afite ibintu byinshi by’agaciro.
11 Ubutunzi umuntu abonye vuba vuba buragabanuka,+
Ariko ubwo umuntu abonye gahoro gahoro buriyongera.
12 Iyo umuntu atabonye icyo yari yiteze, bitera umutima kurwara.+
Ariko iyo abonye icyo yifuza, bituma yongera kugira imbaraga.*+
15 Kugira ubushishozi bwinshi bituma umuntu akundwa,
Ariko ibikorwa by’abantu bariganya bitera imibabaro myinshi.
16 Umunyamakenga wese agaragaza ubumenyi mu byo akora,+
Ariko umuntu utagira ubwenge agaragaza ubuswa bwe.+
19 Iyo umuntu abonye icyo yifuza arishima,+
Ariko abatagira ubwenge bo banga guhindukira ngo bave mu bibi.+
20 Uba incuti y’abanyabwenge na we azaba umunyabwenge,+
Ariko uba incuti y’abantu bitwara nabi azahura n’ibibazo.+
22 Umuntu mwiza asigira abuzukuru be umurage,*
Kandi ubutunzi bw’umunyabyaha bubikirwa umukiranutsi.+
23 Ubutaka bw’abakene buhinzwe, bweramo ibyokurya byinshi,
Ariko hari igihe barenganywa bigatwarwa n’abandi.
2 Umuntu ukora ibyiza atinya Yehova,
Ariko umuntu w’indyarya aramusuzugura.
3 Amagambo y’ubwibone avugwa n’umuntu utagira ubwenge aryana nk’inkoni,
Ariko amagambo y’abanyabwenge azabarinda.
4 Ahatakiri inka, aho zariraga haba hasukuye,
Ariko imbaraga z’ikimasa zituma haboneka umusaruro mwinshi.
5 Umutangabuhamya wizerwa ntabeshya,
Ariko ibyo umutangabuhamya w’indyarya avuga byose biba ari ibinyoma.+
6 Umuntu useka abandi ashaka ubwenge ntabubone,
Ariko umuntu usobanukiwe, kugira ubumenyi biramworohera.+
8 Ubwenge butuma umunyamakenga asobanukirwa ibyo akwiriye gukora,
Ariko abantu batagira ubwenge barayoba bitewe n’ubuswa bwabo.+
10 Umuntu ni we umenya agahinda afite mu mutima,
Kandi ni na we wenyine umenya ibyishimo afite.
13 Umuntu ashobora guseka ariko mu mutima ababaye,
Kandi ibyishimo bishobora gusozwa n’agahinda.
14 Umuntu udatinya Imana azagerwaho n’ingaruka z’imyitwarire ye,+
Ariko umuntu mwiza azahemberwa ibikorwa bye.+
15 Umuntu wese utaraba inararibonye yemera ibivuzwe byose,
Ariko umunyamakenga arashishoza agatekereza ku byo agiye gukora.+
16 Umunyabwenge agira amakenga kandi akirinda ibibi,
Ariko umuntu utagira ubwenge nta cyo yitaho kandi ariyiringira.
17 Umuntu urakara vuba akora ibintu bigaragaza ko atagira ubwenge,+
Ariko umuntu ubanza gutekereza ku byo agiye gukora, arangwa.
19 Abantu babi bazunamira abeza,
Kandi abagome bazapfukama mu marembo y’abakiranutsi.
21 Usuzugura mugenzi we aba akoze icyaha,
Ariko umuntu wese ugirira impuhwe uworoheje, azagira ibyishimo.+
22 Umuntu upanga imigambi mibi azayoba,
Ariko abiyemeza gukora ibyiza bagaragarizwa urukundo* n’ubudahemuka.+
25 Umutangabuhamya uvuga ukuri arokora ubuzima,
Ariko uriganya ahora avuga ibinyoma.
27 Gutinya Yehova bituma umuntu akomeza kubaho,
Kandi bimurinda urupfu.
29 Umuntu utinda kurakara aba afite ubushishozi bwinshi,+
Ariko unanirwa kwihangana ntaba agaragaje ubwenge.+
31 Uriganya uworoheje aba atutse uwamuremye,+
Ariko ugirira neza umukene, aba ahesheje icyubahiro uwamuremye.+
35 Umwami yishimira umugaragu ukorana ubushishozi,+
Ariko arakarira cyane umuntu ukora ibiteye isoni.+
2 Iyo abanyabwenge bavuga, basobanura neza ibyo bazi,+
Ariko abantu batagira ubwenge bo bavuga ibintu bidafite umumaro.
5 Umuntu utagira ubwenge yanga kumvira inama agirwa na papa we,+
Ariko uwemera gukosorwa, aba ari umunyabwenge.+
10 Umuntu wanga gukora ibyiza ababazwa n’uko bamukosoye,+
Kandi umuntu urakazwa n’uko bamuhannye, azapfa.+
11 Niba Yehova ashobora kureba abari mu Mva,* aho abantu barimbukira,+
Ubwo se kureba imitima y’abantu byamunanira?+
13 Umuntu wishimye mu mutima, aba afite akanyamuneza mu maso,
Ariko iyo umuntu afite agahinda mu mutima, ariheba.+
14 Umunyabwenge ashakisha ubumenyi,+
Ariko umuntu utagira ubwenge ashimishwa no kuvuga ibintu bidafite akamaro.+
15 Iminsi yose y’umuntu ubabaye ihora ari mibi,+
Ariko umuntu ufite umutima unezerewe ahora mu birori.+
19 Inzira y’umunebwe imeze nk’uruzitiro rw’amahwa,+
Ariko inzira y’umukiranutsi imeze nk’umuhanda uringaniye.+
21 Umuntu utagira ubwenge yishimira ubuswa,+
Ariko umuntu ufite ubushishozi akomeza gukora ibikwiriye.+
22 Iyo hatabayeho kujya inama, imigambi nta cyo igeraho,
Ariko aho abajyanama benshi bari irasohozwa.+
23 Umuntu yishimira gutanga igisubizo gikwiriye,+
Kandi ijambo rivuzwe mu gihe gikwiriye riba ari ryiza.+
27 Umuntu ubona inyungu ari uko abanje guhemuka, akururira urugo rwe ibibazo,+
Ariko uwanga ruswa azakomeza kubaho.+
28 Umukiranutsi atekereza yitonze mbere yo gusubiza,+
Ariko abantu babi bo, bavuga amagambo menshi kandi mabi.
30 Iyo umuntu akweretse ko akwishimiye bituma nawe wumva wishimye,
Kandi inkuru nziza ituma umuntu agira imbaraga.+
2 Umuntu yibwira ko ibintu byose akora ari byiza,+
Ariko Yehova aragenzura akamenya ikimutera kubikora.+
4 Yehova yaremye ibintu byose kugira ngo umugambi we ugerweho,
Ndetse n’umuntu mubi yagennye igihe azamuhanira.+
6 Urukundo rudahemuka n’ukuri bituma umuntu ababarirwa ikosa rye,+
Kandi gutinya Yehova bituma umuntu ahindukira akareka ibibi.+
10 Umwami agomba gufata umwanzuro uhuje n’ibyo Imana ishaka,+
Kandi mu gihe aca urubanza ntagomba kugira uwo abera.+
12 Abami banga cyane ibikorwa byose bibi,+
Kubera ko ibikorwa byo gukiranuka ari byo bituma ubwami bukomera.+
13 Abami bishimira abantu bavuga ibikwiriye.
Bakunda umuntu uvugisha ukuri.+
15 Iyo umwami agaragarije umuntu ineza, bituma abaho yishimye,
Kandi iyo akwishimiye biba bimeze nk’igicu gitanga imvura mu gihe gikwiriye.*+
16 Kugira ubwenge biruta gutunga zahabu,+
Kandi kugira ubushobozi bwo gusobanukirwa biruta kugira ifeza.+
20 Ugaragaza ubushishozi mu byo akora azagira icyo ageraho,
Kandi uwiringira Yehova ni we uzabona imigisha.
22 Abafite ubushishozi bubabera isoko y’ubuzima,
Ariko abantu batagira ubwenge bahanwa bitewe n’ibikorwa byabo.
24 Amagambo ashimishije aba ameze nk’umushongi w’ubuki bwo mu binyagu,*
Araryohera kandi atuma umubiri ugira imbaraga.+
26 Inzara yigisha umuntu gukora cyane.
Ituma umuntu akora cyane kugira ngo abone icyo arya.+
27 Umuntu utagira umumaro agarura ibibi byari byaribagiranye,+
Kandi avuga amagambo ameze nk’umuriro utwika.+
29 Umunyarugomo ashuka mugenzi we,
Akamujyana mu bikorwa bibi.
30 Yicirana ijisho agapanga imigambi mibi.
Iyo ari gukora ibibi yapanze aba amwenyura.
32 Utinda kurakara+ aruta umunyambaraga,
Kandi umenya gutegeka uburakari bwe aruta uwigarurira umujyi.+
17 Ibyiza ni ukurya agace k’umugati wumye wibereye mu rugo rurimo amahoro,+
Aho kurya ibyokurya byinshi uri mu rugo rwuzuyemo amahane.+
2 Umugaragu w’umunyabwenge azategeka umwana ukora ibiteye isoni,
Kandi azabona umurage nk’umwana wa nyiri urugo.
4 Umuntu mubi ashishikazwa no kumva amagambo ababaza,
Kandi umunyabinyoma yishimira kumva amagambo arimo uburiganya.+
6 Abuzukuru baba bameze nk’ikamba ry’abageze mu zabukuru,
Kandi abana bavugwa neza bitewe n’ababyeyi babo.
7 Ntushobora kumva umuntu utagira ubwenge avuga amagambo akwiriye,+
Ariko birushaho kuba bibi iyo umutegetsi avuga amagambo y’ibinyoma.+
8 Impano ni nk’ibuye ry’agaciro.+
Iyo mpano ituma nyirayo agira icyo ageraho aho agiye hose.+
9 Ubabarira abandi ibyaha aba ashaka urukundo,+
Ariko ukomeza kubivuga hose atandukanya incuti magara.+
10 Gucyaha umuntu ujijutse bimugirira akamaro cyane+
Kuruta gukubita umuntu utagira ubwenge inkoni 100.+
12 Aho guhura n’umuntu utagira ubwenge ari mu bidafite umumaro,
Wahura n’idubu yapfushije abana bayo.+
14 Intangiriro y’amakimbirane ni nk’umuntu urekuye amazi menshi agatemba.
Ubwo rero, ujye wigendera intonganya zitaravuka.+
16 None se umuntu utagira ubwenge aramutse abonye uburyo bwo kubushaka,
Byamumarira iki kandi atifuza kubugira?+
18 Umuntu utagira ubwenge yemera kugirana n’undi isezerano bakorana mu ntoki,
Akishingira kwishyura ideni rye kandi akabikora mugenzi we abireba.+
21 Umugabo wabyaye umwana w’injiji bimutera agahinda,
Kandi umugabo wabyaye umwana utagira ubwenge ntiyishima.+
24 Ubwenge buhora hafi y’umuntu ufite ubushishozi,
Ariko ibitekerezo by’abantu batagira ubwenge bihora bijarajara.+
26 Si byiza guhana abakiranutsi,
Kandi ntibikwiriye gukubita abanyacyubahiro.
28 Ndetse n’umuntu utagira ubwenge iyo yicecekeye bagira ngo ni umunyabwenge,
N’utagize icyo avuga bakagira ngo arajijutse.
18 Uwitarura abandi aba ashaka kugera ku byo ararikiye bishingiye ku bwikunde,
Kandi yanga inama nziza zose.
4 Amagambo y’umuntu ameze nk’amazi maremare,+
Kandi ubwenge agaragaza buba bumeze nk’amazi menshi adudubiza.
8 Amagambo y’umuntu usebanya aba ameze nk’ibyokurya biryoshye.+
Umuntu abimira afite umururumba, bikamanuka bikagera mu nda.+
10 Izina rya Yehova ni nk’inzu y’umutamenwa.*+
Umukiranutsi ayihungiramo, akarindwa.+
11 Ubutunzi bw’umukire aba abona ko ari nk’umujyi we ukomeye,
Kandi mu bwenge bwe yumva bimeze nk’urukuta rumurinda.+
14 Umutima ukomeye utuma umuntu ashobora kwihanganira indwara ye,+
Ariko umutima wihebye ni nde wawihanganira?+
19 Umuvandimwe wakorewe icyaha aragorana cyane kuruta kwigarurira umujyi ukomeye,+
Kandi hari amakimbirane aba agoye kuyakemura nk’uko ibyuma bikinga inzugi bigora kubikingura.+
20 Amagambo umuntu avuga aba ameze nk’ibyokurya umuntu arya agahaga.+
Ibyo avuga bimugiraho ingaruka.
21 Ibyo umuntu avuga bishobora kumwicisha cyangwa bikamukiza,+
Kandi ibyo umuntu akunda kuvuga bimugirira akamaro cyangwa bikamugiraho ingaruka.+
23 Umukene avuga yinginga,
Ariko iyo umukire asubiza avuga nabi.
24 Habaho incuti ziba ziteguye kumarana,
Ariko habaho n’incuti igumana n’umuntu+ ikamurutira umuvandimwe.+
3 Ubwenge buke bw’umuntu butuma akora ibibi,
Yarangiza akarakarira Yehova.
6 Abantu benshi baba bashaka kuba incuti z’umukire,
Kandi buri wese aba ashaka kuba incuti y’umuntu utanga.
Abakurikira ashaka kugira icyo abasaba, bakamwirengagiza.
8 Umuntu ushaka ubwenge aba yigirira neza,+
Kandi umuntu uha agaciro ubushishozi azagira icyo ageraho.+
10 Umuntu utagira ubwenge ntakwiriye kuba mu iraha,
Kandi ntibikwiriye ko umugaragu ategeka ibikomangoma.+
12 Umwami warakaye aba ameze nk’intare itontoma,+
Ariko umwami ugaragaza ineza aba ameze nk’ikime kiri ku byatsi.
13 Umwana utagira ubwenge ateza papa we ibibazo,+
Kandi umugore ugira amahane aba ameze nk’igisenge gihora kiva.+
22 Urukundo umuntu agaragariza abandi ni rwo rutuma akundwa,+
Kandi ibyiza ni ukuba umukene aho kuba umunyabinyoma.
23 Gutinya Yehova biyobora ku buzima.+
Bituma umuntu asinzira neza kandi ntihagire ikimutera ubwoba.+
25 Jya uhana umuntu useka abandi,+ kugira ngo utaraba inararibonye abe umunyabwenge.+
Nanone ujye ucyaha umuntu ujijutse kugira ngo arusheho kugira ubumenyi.+
26 Umwana ufata papa we nabi kandi akirukana mama we,
Aba ari umwana ukora ibiteye isoni kandi bigayitse.+
27 Mwana wanjye, nureka gutega amatwi inama ugirwa,
Bizatuma uyoba ureke amagambo y’ubwenge.
28 Umutangabuhamya mubi asuzugura ubutabera,+
Kandi ababi bishimira gukora ibibi nk’uko bashimishwa no kurya.+
20 Divayi ituma umuntu yitwara mu buryo buteye isoni+ kandi inzoga zituma umuntu yitwara nabi.+
Umuntu wese ushukwa na byo ntagira ubwenge.+
2 Uburakari bw’umwami butera abantu ubwoba nk’uko iyo intare itontomye abantu bagira ubwoba.+
Umuntu wese umurakaza, aba ashyize ubuzima bwe mu kaga.+
3 Iyo umuntu yirinze intonganya bimuhesha icyubahiro,+
Ariko umuntu wese utagira ubwenge, azishoramo.+
4 Umunebwe ntahinga mu mezi y’imbeho.
Mu gihe cyo gusarura imyaka azasabiriza, kuko nta cyo azaba asigaranye.+
5 Ibitekerezo byo mu mutima w’umuntu ni nk’amazi ari hasi cyane mu iriba,
Ariko umuntu ufite ubushishozi azabimenya.
6 Abantu benshi bagenda bavuga ko bafite urukundo rwinshi,
Ariko umuntu wizerwa kumubona biragoye.
7 Umukiranutsi aba ari indahemuka mu byo akora.+
Abana bamukomokaho babona imigisha.+
8 Iyo umwami yicaye ku ntebe y’ubwami kugira ngo ace imanza,+
Amaso ye aritegereza akamenya ibibi byose.+
11 Ibikorwa umwana akora bigaragaza uwo ari we.
Amenyekanira ku myifatire myiza kandi ikwiriye.+
13 Ntugakunde gusinzira kugira ngo utazakena.+
Kanguka kugira ngo ubone ibyokurya bihagije.+
14 Umuguzi agura avuga ati: “Murampenze, murampenze!”
Nyamara akagenda yirata ko yahashye neza.+
15 Ushobora kugira zahabu nyinshi n’amabuye y’agaciro kenshi yo mu nyanja,*
Ariko amagambo y’ubwenge, afite agaciro kenshi kubirusha.+
16 Niba umuntu yariyemeje kwishyura ideni ry’umuntu atazi, uzafatire umwenda yambara,+
Kandi uzamwake ingwate* niba yaragiranye imishyikirano n’umugore w’indaya.+
17 Iyo ibyokurya bibonetse hakoreshejwe ikinyoma, bishimisha umuntu
Ariko nyuma yaho akanwa ke kuzura umucanga.+
18 Iyo abantu bagiye inama, imigambi yabo igira icyo igeraho.+
Nawe ujye urwana intambara ubanje kugisha inama abanyabwenge.+
19 Umuntu ugenda asebanya amena ibanga.+
Ntukabe incuti y’abantu bakunda amazimwe.
22 Ntukavuge uti: “Nzamwishyura ibibi yankoreye!”+
Ahubwo ujye wiringira Yehova,+ na we azagukiza.+
23 Ibipimo bidahuje n’ukuri Yehova arabyanga cyane,
Kandi iminzani ibeshya si myiza.
25 Iyo umuntu ahubutse agatanga isezerano avuga ati: “Iki kintu nkeguriye Imana,”+
Yamara kuritanga akaba ari bwo atangira kuritekerezaho, bimubera umutego.+
26 Nk’uko umuntu atandukanya umurama* n’ibinyampeke,+
Ni ko n’umwami w’umunyabwenge atatanya ababi akabarimbura.+
27 Umwuka w’umuntu ni nk’itara yahawe na Yehova.
Ni ryo rigenzura ibihishwe mu mutima.
28 Iyo umwami afite urukundo rudahemuka, kandi akaba uwizerwa biramurinda.+
Urukundo rudahemuka agaragaza ni rwo rutuma ubwami bwe bukomera.+
30 Guhanwa ni byo bituma umuntu areka gukora ibibi,+
Kandi gucyahwa ni byo bituma ibibi byo mu mutima bishira.
21 Ibitekerezo by’umwami ni nk’amazi atemba ari mu biganza bya Yehova.+
Abyerekeza aho ashaka hose.+
6 Ubutunzi abantu babona babanje kubeshya, ni nk’igihu gitwarwa n’umuyaga.
Bubabera nk’umutego wica.+
11 Iyo umuntu useka abandi ahanwe, bituma utaraba inararibonye aba umunyabwenge,
Kandi iyo wigishije umunyabwenge kugira ubushishozi bituma yunguka ubumenyi.+
14 Impano itangiwe aho abantu batareba igabanya uburakari,+
Kandi impano itanzwe mu ibanga, igabanya umujinya mwinshi.
16 Umuntu uyoba ntagaragaze ubushishozi mu byo akora,
Azapfa kimwe n’abandi bapfuye batagira icyo bimarira.+
18 Umuntu mubi aba incungu y’umukiranutsi,
Kandi umuntu uriganya ni we uzahanwa aho kugira ngo hahanwe umuntu mwiza.+
20 Amavuta n’ubutunzi bw’agaciro kenshi biba mu nzu y’umunyabwenge,+
Ariko umuntu utagira ubwenge asesagura ibyo atunze.+
21 Umuntu wese uhatanira gukora ibyiza kandi akagaragaza urukundo rudahemuka,
Azabona ubuzima n’icyubahiro kandi ibyo akora bizagenda neza.+
22 Umunyabwenge ashobora kurira umujyi w’abanyambaraga,
Maze agasenya inkuta zikomeye bishingikirizaho.+
24 Abantu babona ko umuntu w’umwirasi kandi wiyemera agaragaza ubwibone,
Kandi ntiyite ku ngaruka bizamugiraho.+
27 Imana yanga cyane igitambo cy’umuntu mubi,+
Kandi irushaho kucyanga iyo akizanye afite intego mbi.*
30 Nta bwenge, ubushishozi cyangwa inama by’umuntu urwanya Yehova.+
2 Dore icyo umukire n’umukene bahuriyeho:
Bose ni Yehova wabaremye.+
3 Umunyamakenga iyo abonye ibintu biteje akaga arihisha,
Ariko utaraba inararibonye arakomeza akagenda, agahura n’ibibazo.
5 Amahwa n’imitego biba mu nzira y’umuntu utari inyangamugayo,
Ariko ukunda ubuzima bwe abigendera kure.+
6 Toza umwana inzira akwiriye kunyuramo,+
Ndetse n’igihe azaba amaze gusaza, ntazatandukira ngo ayivemo.+
10 Ujye wirukana umuntu useka abandi
Kugira ngo amakimbirane arangire,
Kandi ibitutsi no gutongana na byo bishire.
13 Umunebwe aravuga ati: “Hanze hari intare!
Ninsohoka iranyicira mu nzira!”+
14 Amagambo y’abagore biyandarika ameze nk’urwobo rurerure.+
Uwo Yehova yanze azarugwamo.
16 Umuntu uriganya uworoheje kugira ngo yirundanyirizeho ibintu byinshi,+
n’umuntu uha impano umukire,
Bose bizarangira babaye abakene.
17 Tega amatwi wumve amagambo y’abanyabwenge,+
Maze umenye ibyo nkwigisha,+
18 Kuko ari byiza ko uyabika mu mutima,+
Kugira ngo ujye uhora uyavuga.+
19 Uyu munsi nguhaye ubumenyi,
Kugira ngo ujye wiringira Yehova.
20 Nakwandikiye ngira ngo nkugire inama,
Kandi nkungure ubumenyi,
21 Kugira ngo nkwigishe ibintu byizerwa kandi by’ukuri,
Maze uwagutumye uzamuhe amakuru ahuje n’ukuri.
22 Ntukambure umukene bitewe n’uko ari umukene,+
Kandi ntugakandamize uworoheje mu gihe uca urubanza,*+
23 Kuko Yehova ubwe azabarenganura,+
Kandi akarimbura ababambura.
24 Ntukagirane ubucuti n’umuntu ukunda kurakara,
Kandi ntukagendane n’umuntu ukunda kugira umujinya mwinshi,
25 Kugira ngo utamwigana,
Maze ukigusha mu mutego.+
26 Ntukajye mu bantu bagirana amasezerano bagakorana mu ntoki,
Biyemeza kuzishyura amadeni y’abandi.+
27 Kuki barinda kugutwara uburiri uryamaho,
Wabuze icyo wishyura?
29 Ese wigeze ubona umuntu w’umuhanga mu byo akora?
Imbere y’abami ni ho azahagarara.+
Ntazahagarara imbere y’abantu basanzwe.
23 Niwicarana n’umwami kugira ngo musangire,
Ujye witondera cyane ibiri imbere yawe.
2 Niba ukunda ibyokurya cyane,
Ujye wifata.
3 Ntukifuze ibyokurya bye biryoshye,
Kuko byakugusha mu mutego.
4 Ntukirushye ushaka ubutunzi.+
Jya ureka kubushaka ahubwo ugaragaze ubwenge.
5 Ugira ngo urabubonye bukaba buragucitse.+
Dore bwiyambika amababa nk’aya kagoma* maze bukaguruka bwerekeza mu kirere.+
6 Ntukarye ibyokurya by’umuntu udakunda gutanga,
Cyangwa ngo wifuze ibyokurya bye biryoshye,
7 Kuko aba ari kubara ibyo urya.
Arakubwira ati: “Rya kandi unywe,” nyamara ntaba abikuye ku mutima.
8 Ibyo wariye uzabiruka,
Kandi uzaba waruhiye ubusa umushimira.
9 Ntukagire icyo ubwira umuntu utagira ubwenge,+
Kuko atazaha agaciro amagambo yawe y’ubwenge umubwira.+
Azaziburanira maze wowe akurwanye.+
12 Jya wemera gukosorwa
Kandi utege amatwi amagambo y’ubwenge.
Numukubita inkoni ntazapfa.
16 Nujya uvuga ibikwiriye,
Bizanshimisha cyane.
19 Mwana wanjye, tega amatwi maze ube umunyabwenge,
Kandi ujye ushishikarira gukora ibyiza.
20 Ntukabe mu bantu banywa divayi nyinshi,+
No mu banyandanini bakunda kurya inyama,+
21 Kuko umusinzi n’umunyandanini bazakena,+
Kandi ukunda ibitotsi azambara imyenda yacikaguritse.
24 Papa w’umukiranutsi azishima rwose,
Kandi umubyeyi wabyaye umwana w’umunyabwenge azamwishimira.
25 Papa wawe na mama wawe bazishima,
Kandi mama wakubyaye azanezerwa.
29 Ni nde uri mu bibazo bikomeye? Ni nde umerewe nabi?
Ni nde uhora atongana? Ni nde uhora yitotomba?
Ni nde ufite ibikomere bitagira impamvu? Ni nde ufite amaso atukuye?
31 Ntugashukwe n’ukuntu divayi itukura,
Uko itera ibishashi mu gikombe n’ukuntu imanuka neza mu muhogo.
32 Amaherezo iryana nk’inzoka,
Kandi igira ubumara nk’ubw’impiri.
34 Ituma umera nk’uryamye mu nyanja hagati,
Ukamera nk’uryamye ku gasongero k’inkingi ishinze mu bwato.
35 Usanga umuntu avuga ati: “Bankubise ariko sinabyumvise.
Bampondaguye ariko sinabimenye.
Ubu koko ndakanguka ryari?+
Ndumva nshaka kongera kwinywera.”
2 Kuko mu mitima yabo batekereza iby’urugomo,
Kandi baba bavuga ibyo guteza abandi ibyago.
6 Uzajye urwana intambara ubanje kugisha inama abanyabwenge,+
Kandi iyo ufite abantu benshi bakugira inama uratsinda.+
7 Umuntu utagira ubwenge ntasobanukirwa iby’ubwenge nyakuri.+
Ntaba afite icyo avuga ari mu marembo y’umujyi.
10 Nucika intege igihe uhanganye n’ibibazo,
Imbaraga zawe zizaba nke.
12 Wenda ushobora kuvuga uti: “Ariko sinigeze mbimenya!”
None se utekereza ko ugenzura imitima atabizi?+
Ni ukuri ukugenzura azabimenya,
Kandi azakorera buri muntu wese ibihuje n’ibyo yakoze.+
13 Mwana wanjye, jya urya ubuki kuko ari bwiza.
Umushongi w’ubuki bwo mu binyagu* uraryoha.
14 Nanone, umenye ko ubwenge buzakugirira akamaro.+
Niba warabubonye uzagira imibereho myiza mu gihe kizaza,
Kandi uzakomeza kugira ibyiringiro.+
15 Ntugakore nk’iby’umuntu mubi, ngo wihishe hafi y’aho umukiranutsi atuye ushaka kumugirira nabi,
Kandi ntukamusenyere inzu.
16 Kuko nubwo umukiranutsi yagwa karindwi, azongera ahaguruke.+
Ariko ababi bo bazahura n’ibyago bagwe, ntibongere guhaguruka.+
19 Ntukarakarire abakora ibibi,
Kandi ntukagirire ishyari abantu babi.
20 Kuko umuntu mubi atazagira imibereho myiza mu gihe kizaza.+
Abantu babi bameze nk’urumuri ruri hafi kuzima.+
21 Mwana wanjye, jya utinya Yehova, utinye n’umwami,+
Kandi ntukifatanye n’abaharanira ko ibintu bihinduka,+
22 Kuko ibyago bibageraho bibatunguye,+
Kandi nta wuba azi uko Imana n’umwami bazabarimbura.+
23 Aya magambo na yo ni ay’abanyabwenge:
Kugira uwo ubera* mu gihe uca urubanza si byiza.+
24 Umuntu wese ubwira umuntu mubi ati: “Uri umukiranutsi,”+
Abantu bazamusabira kugerwaho n’ibyago kandi bamwange.
26 Abantu bazubaha umuntu wese usubiza nta buryarya.+
27 Tegura imirimo yawe yo hanze, utunganye imirimo yo mu murima wawe,
Hanyuma uzubake n’urugo rwawe.
29 Ntukavuge uti: “Nzamukorera nk’ibyo yankoreye.
Nzamwishyura ibyo yakoze.”+
31 Nasanze hose haramezemo ibyatsi.
Hari huzuyemo amahwa,
Kandi uruzitiro rwaho rw’amabuye rwari rwarasenyutse.+
32 Narabyitegereje, mbibika ku mutima,
Maze mbivanamo iri somo:
33 Iyo uvuze uti: ‘Reka nongere nsinzire ho gato, mbe mfashe agatotsi,
Nipfumbate ho gato nduhuke,
34 Ubukene bugutera bumeze nk’umujura,
N’ubutindi bukagutera bumeze nk’umuntu witwaje intwaro.+
25 Iyi na yo ni imigani ya Salomo,+ yakusanyijwe ikandikwa n’abagaragu ba Hezekiya+ umwami w’u Buyuda:
3 Nk’uko ijuru riri hejuru cyane no mu nda y’isi akaba ari harehare cyane,
Ni ko udashobora gusobanukirwa ibiri mu mitima y’abami.
6 Ntukibonekeze imbere y’umwami,+
Kandi ntugahagarare mu mwanya w’abakomeye,+
7 Kuko ibyiza ari uko yakubwira ati: “Ngwino hano,”
Kuruta ko yagucisha bugufi imbere y’umunyacyubahiro.+
8 Ntukihutire gutangiza urubanza kugira ngo utazibaza icyo uzakora rurangiye,
Igihe mugenzi wawe azaba amaze kugukoza isoni.+
9 Ujye wikiranura na mugenzi wawe,+
Kandi wirinde kumena ibanga wabikijwe,+
10 Kugira ngo ubyumvise atagukoza isoni,
Kandi amagambo mabi wavuze akaba atagifite igaruriro.
12 Inama umunyabwenge agira umuntu wumva,+
Zimeze nk’iherena rya zahabu, zikamera nk’imirimbo ikozwe muri zahabu nziza cyane.
13 Nk’uko urubura rutuma habaho ubukonje ku munsi wo gusarura imyaka,
Ni ko intumwa yizerwa imerera uwayitumye,
Kuko ituma shebuja amererwa neza.+
14 Umuntu wiyemera avuga ko azatanga impano ariko ntayitange,+
Ameze nk’ibicu n’umuyaga bidatanga imvura.
15 Iyo wihanganye ushobora kwemeza umuyobozi,
Kandi amagambo arangwa n’ineza umuntu avuga, ashobora gutuma umurwanya cyane acururuka.*+
17 Ntugahore mu rugo rwa mugenzi wawe,
Kugira ngo atazakurambirwa maze akakwanga.
19 Kwiringira umuntu utizerwa* mu gihe ufite ibibazo,
Ni nko kugira iryinyo ricitse n’ikirenge kimugaye.
20 Umuntu uririmbira umuntu wifitiye agahinda mu mutima,+
Aba ameze nk’umuntu ukuramo umwenda hari imbeho,
Cyangwa umuntu usuka divayi isharira ku munyu.
22 Nubigenza utyo, bishobora kumukora ku mutima bigatuma ahinduka akaba umuntu mwiza,*+
Kandi Yehova azabiguhembera.
25 Nk’uko umuntu ufite inyota* anywa amazi akonje maze akumva agaruye imbaraga,
Ni na ko inkuru nziza iturutse mu gihugu cya kure imera.+
26 Umukiranutsi utagaragaza ubutwari ahubwo agashukwa n’umuntu mubi,
Ni nk’isoko y’amazi yanduye cyangwa iriba ryangiritse.
26 Nk’uko urubura rudakunze kugwa mu mpeshyi, cyangwa ngo imvura igwe mu gihe cyo gusarura imyaka,
Ni na ko umuntu utagira ubwenge adakunze guhabwa icyubahiro.+
2 Nk’uko inyoni ihunga hari impamvu n’intashya ikaguruka hari impamvu,
Ni na ko iyo umuntu agusabiye ibyago bikakugeraho haba hari impamvu.
3 Nk’uko ikiboko gikwiriye ifarashi, imikoba na yo ikaba ikwiriye indogobe,+
Ni na ko inkoni ikwiriye umugongo w’umuntu utagira ubwenge.+
4 Ntugasubize umuswa ukurikije ubuswa bwe,
Kugira ngo utamera nka we.
6 Umuntu ufata ibintu bye akabishinga umuntu utagira ubwenge,
Aba ameze nk’uca ibirenge bye maze akikururira ibibazo.
7 Kubona umuntu utagira ubwenge avuga amagambo y’ubwenge
Ni nko kubona amaguru yamugaye agerageza kugenda.+
9 Nk’uko amahwa aba ameze mu kiganza cy’umusinzi,
Ni na ko biba bimeze iyo umuntu utagira ubwenge ari kuvuga imigani adasobanukiwe.
10 Umuntu uha akazi umuntu utagira ubwenge cyangwa umugenzi wihitira,
Aba ameze nk’umuntu upfa kurasa akagira icyo ahamya.*
11 Nk’uko imbwa isubira ku birutsi byayo,
Ni ko n’umuntu utagira ubwenge yongera gukora ibikorwa bye bitarimo ubwenge.+
12 Ese wigeze ubona umuntu wiyita umunyabwenge?+
Kumwiringira birutwa no kwiringira umuntu utagira ubwenge.
13 Umunebwe aba avuga ati: “Mu nzira hari intare y’igisore!
Mu muhanda hari intare y’inkazi!”+
14 Nk’uko urugi rukomeza kwikaragira ku mapata yarwo,
Ni ko n’umunebwe akomeza kwigaragura ku buriri bwe.+
16 Umunebwe yibwira ko ari umunyabwenge
Kurusha abantu barindwi basubizanya ubwenge.
18 Umusazi urasa imyambi yaka umuriro n’imyambi yica,
19 Ni nk’umuntu uriganya mugenzi we maze akavuga ati: “Nikiniraga.”+
21 Umunyamahane utuma intonganya ziba nyinshi,
Ameze nk’amakara yongerewe ku makara yaka cyangwa inkwi zongerewe mu muriro.+
22 Amagambo y’umuntu usebanya ameze nk’ibyokurya biryoshye.
Umuntu abimira afite umururumba, bikamanuka bikagera mu nda.+
23 Umuntu uvuga amagambo meza ariko afite umutima mubi,
Aba ameze nk’ifeza irabagirana basize ku kimene cy’ikibumbano.+
24 Umuntu wanga abandi, abihisha akoresheje amagambo ye,
Ariko muri we aba ari umuriganya.
25 Nubwo aba avuga utugambo twiza,
Ntukamwizere kuko mu mutima we haba harimo ibintu birindwi bibi cyane.
26 Nubwo uburiganya bwe buhisha urwango afite,
Ububi bwe buzahishurirwa mu bantu benshi.
28 Umuntu ubeshya yanga abantu bababazwa n’ibinyoma bye,
Kandi umuntu ubwira abandi amagambo meza ariko ababeshya, atuma barimbuka.+
2 Ujye ushimwa n’undi muntu aho kwishimagiza,
Kandi aho kwivuga neza ujye ureka abandi abe ari bo bakuvuga neza.+
3 Ibuye riraremera n’umucanga ukaremera,
Ariko kubuzwa amahoro n’umuntu utagira ubwenge, biremera kurusha ibyo byombi.+
5 Ibyiza ni ugucyaha umuntu ku mugaragaro aho gukunda umuntu ariko ntubimubwire.+
6 Wakwemera ukababazwa n’uko incuti yawe y’indahemuka igucyashye,+
Aho kugaragarizwa ineza n’umuntu ukwanga.
8 Umuntu uhunga akava iwe,
Aba ameze nk’inyoni ihunga ikava mu cyari cyayo.
9 Nk’uko amavuta n’umubavu* bishimisha,
Ni na ko wishimira kuba incuti y’umuntu ukugira inama zivuye ku mutima.+
10 Ntukirengagize incuti yawe cyangwa incuti ya papa wawe,
Kandi ntukirushye ujya gutabaza umuvandimwe wawe igihe ufite ibibazo,
Kuko umuturanyi uri hafi aruta umuvandimwe uri kure.+
12 Umunyamakenga iyo abonye ibintu biteje akaga arihisha,+
Ariko utaraba inararibonye arakomeza akagenda agahura n’ibibazo.
13 Niba umuntu yariyemeje kuzishyura ideni ry’umuntu atazi, uzafatire umwenda yambara,
Kandi uzamwake ingwate,* niba yaragiranye imishyikirano n’umugore w’indaya.+
14 Umuntu uzinduka kare mu gitondo akajya gusuhuza mugenzi we asakuza,
Mugenzi we ntazabyishimira.
15 Umugore ugira amahane ameze nk’igisenge gikomeza kuva, kandi hari imvura idahita.+
16 Uwashobora kumubuza kugira amahane, ashobora no gutangira umuyaga.
Yashobora no gufata amavuta mu kiganza akayakomeza.
18 Umuntu wita ku giti cy’umutini azarya imbuto zacyo,+
Kandi uwita kuri shebuja azahabwa icyubahiro.+
19 Nk’uko umuntu yirebera mu mazi akabona isura ye,
Ni ko n’umutima w’umuntu ugaragaza ibiri mu mutima w’undi.
21 Nk’uko ifeza na zahabu bitunganyirizwa mu muriro,+
Ni na ko iyo umuntu ashimiwe bigaragaza uwo ari we.
22 Niyo wafata umuhini ugasekurira umuntu utagira ubwenge mu isekuru,
Ukamusekura nk’uko basekura ibinyampeke,
Ubuswa bwe ntibwamuvamo.
23 Ukwiriye kumenya neza uko umukumbi wawe umeze.
25 Ubwatsi bubisi buvaho hakaza ubundi bushya,
Kandi ibyatsi byo mu misozi birarundanywa.
26 Amasekurume* y’intama akiri mato atanga ubwoya ukoramo imyenda,
N’amasekurume y’ihene ukayaguramo umurima.
2 Iyo igihugu kirimo imyivumbagatanyo,* abategetsi bacyo basimburana ari benshi,+
Ariko umuntu ushishoza akagira n’ubumenyi atuma umutware amara igihe kirekire ku butegetsi.+
4 Abareka gukurikiza amategeko bashima umuntu mubi,
Ariko abakomeza kumvira amategeko barakazwa n’abareka kuyakurikiza.+
5 Abantu babi ntibashobora gusobanukirwa ubutabera,
Ariko abashaka Yehova bashobora gusobanukirwa ibintu byose.+
8 Umuntu wigwizaho ubutunzi ashakira inyungu+ mu bandi,
Nubwo yagira ubutunzi bwinshi, bwose buzaba ubw’umuntu ugirira neza abakene.+
10 Uyobya abakiranutsi agatuma bakora ibibi, na we azagwa mu rwobo yicukuriye,+
Ariko abantu b’indahemuka bo bazaragwa ibyiza.+
12 Iyo abakiranutsi batsinze haba ibyishimo byinshi,
Ariko iyo ababi bafashe ubutegetsi, abantu bajya kwihisha.+
15 Umutegetsi mubi ukandamiza abantu batagira kirengera,
Aba ameze nk’intare itontoma* cyangwa nk’idubu yirukankanye inyamaswa ishaka kurya.+
16 Umuyobozi utagira ubushishozi akoresha nabi ubutware bwe,+
Ariko uwanga inyungu zishingiye ku buhemu azabaho imyaka myinshi.+
17 Umuntu uhorana umutimanama umucira urubanza bitewe n’abantu yishe, azahunga kugeza ageze mu mva.*+
Ntihakagire abamushyigikira.
18 Umuntu ukora ibyiza Imana izamukiza,+
Ariko umuntu ukora ibibi azahura n’ibibazo mu buryo butunguranye.+
20 Umuntu w’indahemuka azabona imigisha myinshi,+
Ariko uhatana kugira ngo akire vuba ntazakomeza kuba indahemuka.+
22 Umuntu urarikira aba ashaka kugira ubutunzi,
Ariko ntaba azi ko ubukene buzamwibasira.
24 Umuntu wiba papa we na mama we maze akavuga ati: “Nta cyo bitwaye,”+
Aba ari incuti y’abajura.+
27 Umuntu uha umukene nta kintu azabura,+
Ariko umuntu umwirengagiza ntamufashe, abantu bazamusabira ibyago.
2 Iyo abakiranutsi babaye benshi abantu barishima,
Ariko iyo umuntu mubi ategetse, abantu bahura n’imibabaro.+
3 Umuntu ukunda ubwenge ashimisha papa we,+
Ariko umuntu uba incuti y’indaya, asesagura ubutunzi bwe.+
6 Icyaha cy’umuntu mubi kimubera umutego,+
Ariko umukiranutsi arangurura ijwi ry’ibyishimo akanezerwa.+
9 Iyo umuntu w’umunyabwenge aburana n’umuntu utagira ubwenge,
Intonganya ziba nyinshi kandi nta cyo bageraho.+
11 Umuntu utagira ubwenge arahubuka akavuga ibiri mu mutima we byose,+
Ariko umunyabwenge akomeza gutuza.+
13 Dore icyo umukene n’umuntu utwaza igitugu bahuriyeho:
Bombi Yehova ni we ubaha ubuzima.
18 Iyo hatariho ubuyobozi buturutse ku Mana abantu barirekura,+
Ariko iyo abantu bakurikije amategeko ni bwo bagira ibyishimo.+
20 Ese wigeze ubona umuntu uhubuka mu byo avuga?+
Umuntu utagira ubwenge yagira ibyiringiro kumurusha.+
21 Iyo umuntu atetesheje umugaragu we kuva akiri muto,
Amaherezo aba indashima.
22 Umuntu ukunda kurakara akurura amakimbirane,+
Kandi umuntu ukunda kugira umujinya agira ibyaha byinshi.+
24 Uwifatanya n’umujura aba yiyanga.
Ashobora gusabwa gutanga ubuhamya ariko ntabutange.+
27 Abakiranutsi banga umuntu urenganya abandi,+
Ariko ababi banga umuntu wese ukora ibyo gukiranuka.+
30 Aya ni amagambo akubiyemo ubutumwa bukomeye, Aguri umuhungu wa Yake yabwiye Itiyeli na Ukali:
2 Ndi umuntu utagira ubwenge hanyuma y’abandi bose,+
Kandi simfite ubushobozi bwo gusobanukirwa nk’abandi bantu.
3 Sinigishijwe ubwenge,
Kandi simfite ubumenyi butangwa n’Imana yera cyane.
4 Ni nde wazamutse akajya mu ijuru hanyuma akamanuka?+
Ni nde wakusanyirije umuyaga mu bipfunsi bye?
Ni nde wapfunyitse amazi mu mwenda we?+
Ni nde washyizeho impera z’isi zose?+
Yitwa nde kandi umwana we yitwa nde niba ubizi?
5 Ibintu byose Imana ivuga biratunganye.+
Abayihungiraho bose ibabera ingabo ibarinda.+
6 Ntukagire icyo wongera ku magambo yayo,+
Kugira ngo itagucyaha,
Maze bikagaragara ko uri umunyabinyoma.
7 Hari ibintu bibiri ngusaba,
Kandi ntuzabinyime mbere y’uko mfa.
8 Umfashe njye nirinda kuvuga ibinyoma.+
Ntumpe ubukene cyangwa ubukire.
Undeke njye nirira ibyokurya nkeneye,+
9 Kugira ngo ntahaga maze nkakwihakana, nkavuga nti: “Yehova ni nde?”+
Cyangwa ngakena maze nkiba ngatukisha izina ry’Imana yanjye.
10 Ntugasebye umugaragu kuri shebuja,
Kugira ngo uwo mugaragu atagusabira ibyago kandi nawe ukabarwaho icyaha.+
14 Hari abantu bafite amenyo ameze nk’inkota,
N’inzasaya zimeze nk’ibyuma bibaga,
Kugira ngo barye imbabare bazimare mu isi,
N’abakene babamare mu bantu.+
15 Imisundwe* ifite abakobwa babiri bahora bavuga bati: “Duhe, duhe!”
Hariho ibintu bitatu bitajya bihaga,
Ndetse hari bine bitajya bivuga biti: “Ndahaze!”
17 Umuntu useka papa we kandi agasuzugura mama we,+
Ibikona byo mu kibaya bizamukuramo ijisho,
Kandi abana ba kagoma bazarirya.+
18 Hari ibintu bitatu byantangaje cyane,
Ndetse hari bine ntamenye:
19 Uko kagoma igenda mu kirere,
Uko inzoka igenda ku rutare,
Uko ubwato bugenda mu nyanja hagati,
N’ukuntu umusore yitwara ku nkumi.
20 Dore imyitwarire y’umugore w’umusambanyi:
Ararya maze akihanagura iminwa,
Akavuga ati: “Nta kibi nakoze!”+
21 Hari ibintu bitatu bihindisha isi umushyitsi,
Ndetse hari bine idashobora kwihanganira:
22 Iyo umugaragu abaye umwami,+
Iyo umuntu utagira ubwenge afite ibyokurya bihagije,
23 Iyo umugore wanzwe abonye umugabo,
N’iyo umuja asimbuye nyirabuja.+
28 Umuserebanya+ witendeka ku kintu ukoresheje utujanja twawo,
Kandi uragenda ukagera no mu nzu y’umwami nziza cyane.
29 Hari ibintu bitatu bizi gutambuka neza,
Ndetse hari bine bigira ingendo nziza:
30 Intare, ari yo nyamaswa irusha izindi zose imbaraga
Kandi idasubira inyuma imbere y’uwo ari we wese.+
32 Niba warakoze ibintu bitarimo ubwenge ukishyira hejuru,+
Cyangwa ukaba waratekereje kubikora,
Rekera aho ntuzongere,+
33 Kuko gucunda amata bizana amavuta,
Gukanda izuru bikazana amaraso,
No guhembera uburakari bikazana intonganya.+
31 Aya ni amagambo y’umwami Lemuweli akubiyemo ubutumwa bukomeye, mama we yamubwiye kugira ngo amwigishe:+
2 Umva mwana wanjye!
Mwana wanjye nibyariye.
Mwana wanjye nasabye Imana nkongeraho n’isezerano.*+
4 Lemuweli we, ntibikwiriye ko abami banywa divayi.
Ibyo ntibikwiriye rwose ku bami,
Kandi ntibikwiriye ko abayobozi babaza bati: “Inzoga yanjye iri he?”+
5 Kugira ngo batanywa maze bakibagirwa amategeko,
Kandi bakarenganya aboroheje.
6 Ibinyobwa bisindisha mubihe abagiye gupfa,+
Na divayi muyihe abafite agahinda kenshi mu mutima,+
7 Mubareke banywe kugira ngo bibagirwe ubukene bwabo,
Kandi ntibongere kwibuka ibibazo bafite.
א [Alefu]
10 Umugore ushoboye* kumubona ntibyoroshye.+
Arusha agaciro amabuye yo mu nyanja.*
ב [Beti]
11 Umugabo we aramwiringira n’umutima we wose,
Kandi nta kintu cyiza amuburana.
ג [Gimeli]
12 Igihe cyose uwo mugore akiriho,
Akorera umugabo we ibintu byiza si ibibi.
ד [Daleti]
ה [He]
14 Ameze nk’amato y’abacuruzi.+
Ibyokurya bye abikura kure cyane.
ו [Wawu]
ז [Zayini]
16 Yitegereza umurima akawushima, maze akawugura.
Atera uruzabibu arukuye mu byo yunguka.
ח [Heti]
ט [Teti]
18 Ubucuruzi bwe bukomeza kunguka.
Akomeza gukora kugeza nijoro.
י [Yodi]
כ [Kafu]
ל [Lamedi]
21 Ntahangayikira abo mu rugo rwe mu gihe cy’imbeho,
Kuko bose baba bambaye imyenda ishyuha.
מ [Memu]
22 Ni we wibohera ibyo kwiyorosa.
Imyenda ye iba iboshye mu budodo bwiza cyane.*
נ [Nuni]
ס [Sameki]
24 Aboha imyenda akayigurisha,
Agakora n’imikandara akayiha abacuruzi ngo bayigurishe.
ע [Ayini]
25 Arangwa n’ubutwari,
Kandi abantu baramwubaha. Ntatinya ejo hazaza.
פ [Pe]
צ [Tsade]
ק [Kofu]
28 Abana be barahaguruka bakamushima.
Umugabo we na we arahaguruka akamushima, avuga ati:
ר [Reshi]
ש [Shini]
30 Ubwiza bushobora gushukana kandi uburanga ni ubusa,+
Ariko umugore utinya Yehova ni we uzashimwa.+
ת [Tawu]
Cyangwa “ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “ababeshya.”
Cyangwa “umugabo we.”
Cyangwa “sheneti.”
Cyangwa “amabuye yitwa marijani.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Marijani.”
Uko bigaragara, byerekeza ku mico y’Imana yavuzwe mu mirongo ibanza.
Cyangwa “ubeshya.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ihene yo mu misozi.”
Ni akanyamaswa kaba mu ishyamba kajya kungana n’ihene kazi kwiruka cyane.
Cyangwa “igitambo cy’uko umuntu abanye neza n’Imana.”
Ishangi, umusagavu na sinamoni ni ubwoko bw’imibavu. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Umubavu.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “amabuye yitwa marijani.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Marijani.”
Cyangwa “ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu.”
Cyangwa “ibikomangoma.”
Umurage ni umutungo umubyeyi aha abana be cyangwa undi muntu.
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “umuntu witandukanyije n’Imana.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Ubuhakanyi.”
Cyangwa “uwemera kwishingira umuntu.”
Cyangwa “uwanga kwishingira umuntu.”
Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Cyangwa “bimubera nk’igiti cy’ubuzima.”
Umurage ni umutungo umubyeyi aha abana be cyangwa undi muntu.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “urukundo rudahemuka.”
Cyangwa “umusaruro w’umuntu mubi.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Byerekeza ku mvura yagwaga mu kwezi kwa Mata, ikaba yarabaga ikenewe kugira ngo imyaka ikure kandi yere. Reba Umugereka wa B15.
Ni ikintu inzuki zikora ngo zishyiremo ubuki.
Cyangwa “ikamba ry’icyubahiro.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “bakorera ubufindo mu mwenda.” Ubufindo ni uburyo bakoreshaga kugira ngo bamenye umwanzuro bakwiriye gufata. Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “agatera mama we intimba.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “umunara ukomeye.”
Ni uburyo bakoreshaga kugira ngo bamenye umwanzuro bakwiriye gufata. Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “amabuye yitwa marijani.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Marijani.”
Ni ikintu icyo ari cyo cyose uwagurije umuntu asigarana kugeza igihe uwo yagurije azamwishyurira.
Ni udushishwa tuba turi ku binyampeke, tuvaho iyo babihuye.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “hejuru y’inzu.”
Cyangwa “afite imyitwarire iteye isoni.”
Cyangwa “kwemerwa.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “mu marembo.”
Cyangwa “imbago.” Ni ikimenyetso, urugero nk’igiti cyangwa ikindi kintu, cyerekana aho umurima w’umuntu utandukanira n’uwa mugenzi we.
Ni ubwoko bw’igisiga.
Cyangwa “imbago.” Ni ikimenyetso, urugero nk’igiti cyangwa ikindi kintu, cyerekana aho umurima w’umuntu utandukanira n’uwa mugenzi we.
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Ni ikintu inzuki zikora ngo zishyiremo ubuki.
Cyangwa “gutonesha umuntu.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ashobora kuvuna igufwa.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Umuntu uriganya.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “nubigenza utyo uzaba umurunze amakara yaka ku mutwe.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “hejuru y’inzu.”
Cyangwa “umuntu unaniwe.”
Cyangwa “agakomeretsa buri wese.”
Ni ikintu inzuki zikora ngo zishyiremo ubuki.
Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “ushimishe umutima wanjye.”
Ni ikintu icyo ari cyo cyose uwagurije umuntu asigarana kugeza igihe uwo yagurije azamwishyurira.
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “ujye uhoza ku mutima.”
Isekurume ni ihene cyangwa intama y’ingabo.
Cyangwa “amahenehene.”
Cyangwa “ibyaha.”
Gutontoma, ni urusaku rwumvikanira mu gituza cy’inyamaswa zimwe na zimwe nini, urugero nk’intare.
Cyangwa “mu rwobo.”
Cyangwa “amazimwe.”
Ni agakoko gateye nk’umunyorogoto kaba mu mazi, kakanyunyuza amaraso y’ikintu gafasheho.
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “ubwenge kamere.”
Ni udusimba tujya kumera nk’imbeba.
Ni udusimba tujya kumera nk’isenene cyangwa ibihore. Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Isekurume ni ihene cyangwa intama y’ingabo.
Cyangwa “ngahiga n’umuhigo.”
Cyangwa “umugore uhebuje.”
Cyangwa “amabuye yitwa marijani.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Marijani.”
Cyagwa “ubudodo buteye ibara ry’isine.” Nanone iryo bara hari abaryita move.
Cyangwa “abagore b’intangarugero.”