Gutegeka kwa Kabiri
33 Iyi ni yo migisha Mose umuntu w’Imana y’ukuri yahaye Abisirayeli mbere y’uko apfa.+ 2 Yaravuze ati:
“Yehova yaje aturutse kuri Sinayi,+
Abamurikira aturutse i Seyiri.
Yabamurikiye aturutse mu misozi miremire y’i Parani,+
Ari kumwe n’abamarayika benshi cyane,*+
Iburyo bwe hari ingabo ze.+
3 Yakundaga abantu be cyane.+
Mana, abera bawe bose bari mu kiganza cyawe.+
7 Na Yuda yamuhaye umugisha agira ati:+
“Yehova, umva ijwi rya Yuda,+
Umusubize mu bantu be.
Amaboko ye yarwaniriye umutungo we.
Ujye umufasha gutsinda abanzi be.”+
8 Yabwiye Lewi ati:+
Yamurwanyirije ku mazi y’i Meriba.+
9 Uwo muntu yabwiye papa we na mama we ati: ‘simbitayeho.’
Yirengagije abavandimwe be,+
Ntiyifatanya n’abana be.
Kuko yumviye ijambo ryawe,
Akomeza kubahiriza isezerano ryawe.+
Ajye atwika umubavu* uguhumurira neza,+
Atambire ku gicaniro* cyawe ituro riturwa ryose uko ryakabaye.+
11 Yehova, uhe umugisha imbaraga ze,
Kandi wishimire ibyo akora.
Amaguru y’abashaka kumurwanya uyajanjagure,
Kugira ngo abamwanga cyane batazongera kweguka.”
12 Yabwiye Benyamini ati:+
“Ukundwa na Yehova azatura mu mutekano hafi ye,
Ahore amurinze umunsi wose.
Azatura mu bitugu bye.”
13 Yabwiye Yozefu ati:+
“Yehova ahe umugisha igihugu cye,+
Umugisha w’ibyiza kurusha ibindi byo mu ijuru,
Uw’ikime n’uw’amazi aturuka munsi y’ubutaka,+
14 Amuhe n’ibyiza kurusha ibindi by’izuba,
Ibyiza kurusha ibindi byera buri kwezi,+
15 Ibyiza kurusha ibindi byo mu misozi ya kera,*+
Ibyiza kurusha ibindi byo mu dusozi duhoraho iteka,
16 Amuhe n’ibyiza kurusha ibindi byo mu isi n’ubutunzi bwayo.+
Uwigaragarije mu gihuru cy’amahwa amwishimire.+
Iyo migisha izaze kuri Yozefu,
Ibe ku mutwe w’uwatoranyijwe mu bavandimwe be.+
17 Afite icyubahiro nk’icy’ikimasa cyavutse mbere,
Amahembe ye ni nk’ay’ikimasa cyo mu gasozi.
Azayicisha abantu bo mu bihugu,
Ibihugu byose kugera ku mpera y’isi.
Ayo mahembe ni ibihumbi byinshi by’Abefurayimu,+
Ni ibihumbi by’Abamanase.”
18 Yabwiye Zabuloni ati:+
“Zabuloni we, ishime uri mu ngendo zawe,
Nawe Isakari we, ishime uri mu mahema yawe.+
19 Bazahamagara abantu baze ku musozi.
Bazahatambira ibitambo byo gukiranuka.
Bazavana ubutunzi bwinshi mu nyanja,
Babone n’ubutunzi buhishwe mu musenyi.”
20 Yabwiye Gadi ati:+
“Umuntu utuma aho Gadi atuye haba hanini azahabwa umugisha.+
Azaryama nk’intare,
Yiteguye gutanyagura ukuboko no kumenagura umutwe by’umuhigo.
Abatware bazateranira hamwe.
Azatuma ubutabera bwa Yehova bwubahirizwa,
Anacire imanza Isirayeli.”
22 Yabwiye Dani ati:+
“Dani ni nk’icyana cy’intare.+
Azasimbuka aturutse i Bashani.”+
23 Yabwiye Nafutali ati:+
“Nafutali ashimishijwe n’uko Yehova amwemera,
Kandi akamuha imigisha myinshi.
Igarurire uburengerazuba n’amajyepfo.”
24 Yabwiye Asheri ati:+
“Asheri yahawe umugisha wo kugira abana benshi.
Azemerwa n’abavandimwe be,
Kandi azogesha ibirenge bye amavuta.*
25 Irembo ryawe urikingisha icyuma n’umuringa,+
Kandi uzibera mu mutuzo igihe cyose uzaba ukiriho.
26 Nta wuhwanye n’Imana y’ukuri+ ya Yeshuruni,+
Yambukiranya ijuru ije kugutabara,
Ikagendera ku bicu byo mu kirere mu cyubahiro cyayo.+
28 Isirayeli azatura ahari umutekano,
Iriba rya Yakobo rizaba riri ukwaryo,
Mu gihugu kirimo ibinyampeke na divayi nshya.+
Ijuru rye rizatuma ikime kiza.+
29 Ishime Isirayeli we!+