Ku Cyumweru, tariki ya 14 Nzeri
Mwiyumvishe neza ubugari n’uburebure n’ubuhagarike n’ubujyakuzimu.—Efe. 3:18.
Uramutse ugiye kugura inzu, birumvikana ko ushobora kubanza kujya kuyireba, ukagenzura ibintu byose biyigize wifuza ko byaba biri mu rugo rwawe. Ibyo ni na byo tugomba gukora, mu gihe dusoma Bibiliya no mu gihe tuyiyigisha. Iyo uyisomye wihuta, umenya gusa “ibintu by’ibanze by’amagambo yera y’Imana” (Heb. 5:12). Ariko si uko ukwiriye kubigenza. Ahubwo nk’uko uba ukeneye kwinjira mu nzu kugira ngo uyimenye neza, ni na ko uba ugomba kwiga Bibiliya witonze, kugira ngo usobanukirwe ibirimo. Uburyo bwiza bwo kwiyigisha Bibiliya, ni ukureba ukuntu ibivugwamo bihuza. Ujye ugerageza gusobanukirwa neza inyigisho zo muri Bibiliya n’impamvu wemera ko ari ukuri. Kugira ngo dusobanukirwe neza ibivugwa muri Bibiliya, tuba tugomba gucukumbura. Intumwa Pawulo yateye Abakristo bagenzi be inkunga yo kwiga Ijambo ry’Imana babyitondeye, kugira ngo ‘biyumvishe neza ubugari, uburebure, ubuhagarike n’ubujyakuzimu’ bw’ibivugwamo. Ibyo byari gutuma bagira ukwizera ‘guhamye’ (Efe. 3:14-19). Natwe tugomba kubigana. w23.10 44:1-3
Ku wa Mbere, tariki ya 15 Nzeri
Bavandimwe, ku birebana no kwemera kugirirwa nabi no kwihangana, mukure icyitegererezo ku bahanuzi bahanuye mu izina rya Yehova.—Yak. 5:10
Muri Bibiliya harimo izindi ngero nyinshi z’abantu bagaragaje umuco wo kwihangana. Ushobora kwishyiriraho intego yo gukora ubushakashatsi kuri abo bantu, mu gihe wiyigisha. Urugero, nubwo Dawidi yatoranyirijwe kuba umwami wa Isirayeli akiri muto, yategereje imyaka myinshi mbere y’uko aba umwami. Nanone Simeyoni na Ana bakomeje gukorera Yehova ari indahemuka, mu gihe bari bategereje Mesiya (Luka 2:25, 36-38). Ubwo rero mu gihe ukora ubushakashatsi kuri abo bantu, ujye ushaka ibisubizo by’ibi bibazo: “Ni iki gishobora kuba cyarafashije uyu muntu kwihangana? Kwihangana byamugiriye akahe kamaro? Namwigana nte?” Gukora ubushakashatsi no ku bantu batagaragaje umuco wo kwihangana, na byo byakugirira akamaro (1 Sam. 13:8-14). Ushobora kwibaza uti: “Ni iki cyatumye uyu muntu atihangana? Kutihangana byatumye ahura n’ibihe bibazo?” w23.08 35:15
Ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri
Twarizeye, tumenya ko uri Uwera w’Imana.—Yoh. 6:69.
Intumwa Petero yari indahemuka. Ntiyemeye ko hari ikintu kimubuza kuba umwigishwa wa Yesu. Urugero, hari igihe Yesu yavuze ikintu maze abigishwa be ntibagisobanukirwa, bituma benshi bareka kumukurikira. Icyakora Petero we ntiyasabye n’ibisobanuro, ahubwo yabaye indahemuka, akomeza gukurikira Yesu (Yoh. 6:68). Yavuze ko Yesu ari we wenyine wari ufite “amagambo y’ubuzima bw’iteka.” Yesu yari azi ko Petero n’izindi ntumwa ze bari bumutererane. Icyakora, yagaragaje ko yari yizeye ko Petero yari kwihana, agakomeza kuba indahemuka (Luka 22:31, 32). Yesu yaravuze ati: “Umutima urabishaka, ariko umubiri ufite intege nke” (Mar. 14:38). Ni yo mpamvu n’igihe Petero yari amaze kumwihakana, Yesu atamutakarije icyizere. Amaze kuzuka yabonekeye Petero, kandi uko bigaragara Petero yari wenyine (Mar. 16:7; Luka 24:34; 1 Kor. 15:5). Nta gushidikanya ko ibyo byahumurije cyane iyo ntumwa yari yishwe n’agahinda. w23.09 40:9-10