Ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri
Twarizeye, tumenya ko uri Uwera w’Imana.—Yoh. 6:69.
Intumwa Petero yari indahemuka. Ntiyemeye ko hari ikintu kimubuza kuba umwigishwa wa Yesu. Urugero, hari igihe Yesu yavuze ikintu maze abigishwa be ntibagisobanukirwa, bituma benshi bareka kumukurikira. Icyakora Petero we ntiyasabye n’ibisobanuro, ahubwo yabaye indahemuka, akomeza gukurikira Yesu (Yoh. 6:68). Yavuze ko Yesu ari we wenyine wari ufite “amagambo y’ubuzima bw’iteka.” Yesu yari azi ko Petero n’izindi ntumwa ze bari bumutererane. Icyakora, yagaragaje ko yari yizeye ko Petero yari kwihana, agakomeza kuba indahemuka (Luka 22:31, 32). Yesu yaravuze ati: “Umutima urabishaka, ariko umubiri ufite intege nke” (Mar. 14:38). Ni yo mpamvu n’igihe Petero yari amaze kumwihakana, Yesu atamutakarije icyizere. Amaze kuzuka yabonekeye Petero, kandi uko bigaragara Petero yari wenyine (Mar. 16:7; Luka 24:34; 1 Kor. 15:5). Nta gushidikanya ko ibyo byahumurije cyane iyo ntumwa yari yishwe n’agahinda. w23.09 40:9-10
Ku wa Gatatu, tariki ya 17 Nzeri
Hahirwa abababariwe ibikorwa byabo byo kwica amategeko kandi ibyaha byabo bikaba byaratwikiriwe.—Rom. 4:7.
Ubwo rero, Yehova ababarira abantu bose bamwizera cyangwa agatwikira ibyaha byabo. Arabababarira burundu, ntiyongere kwibuka ibyaha byabo (Zab. 3:1, 2). Abantu nk’abo, Yehova abona ko ari abakiranutsi kandi ntababaraho icyaha, kuko baba bafite ukwizera. Nubwo Imana yavuze ko abagaragu bayo babayeho kera, urugero nka Aburahamu, Dawidi n’abandi bari abakiranutsi, na bo bari abantu badatunganye kandi bakoraga ibyaha. Ariko kubera ko bari bafite ukwizera, Yehova yabonaga ko ari abakiranutsi, cyane cyane abagereranyije n’abandi bantu batamusengaga (Efe. 2:12). Mu ibaruwa intumwa Pawulo yandikiye Abaroma, yavuze ko tugomba kugira ukwizera kugira ngo tube incuti z’Imana. Aburahamu na Dawidi bari incuti z’Imana, kubera ko bari bafite ukwizera. Natwe rero, niba dushaka kuba incuti zayo tugomba kugira ukwizera. w23.12 50:6-7
Ku wa Kane, tariki ya 18 Nzeri
Buri gihe tujye dutambira Imana igitambo cy’ishimwe, ari cyo mbuto z’iminwa itangariza mu ruhame izina ryayo, kandi tubikore tubinyujije kuri Yesu.—Heb. 13:15.
Muri iki gihe, Abakristo bose bishimira gutura Yehova ibitambo. Ibyo babikora bakoresha igihe cyabo, imbaraga zabo n’ubutunzi bwabo, kugira ngo bakorere Yehova. Ubwo rero, tujye dukora uko dushoboye dutambe ibyo bitambo, kugira ngo tugaragaze ko twishimira gukorera Yehova. Intumwa Pawulo atwibutsa ibintu by’ingenzi tutagomba kwirengagiza mu gihe dukorera Yehova (Heb. 10:22-25). Muri ibyo harimo gusenga Yehova, kubwiriza, kujya mu materaniro no guterana inkunga kandi ‘tukarushaho kubigenza dutyo uko tubonye umunsi [wa Yehova] ugenda wegereza.’ Mu bice bisoza igitabo cy’Ibyahishuwe na ho, umumarayika wa Yehova yaravuze ati: “Ujye uramya Imana.” Yabisubiyemo inshuro ebyiri, kugira ngo agaragaze ukuntu ibyo bintu ari iby’ingenzi (Ibyah. 19:10; 22:9). Ubwo rero, ntituzibagirwe ibintu byose tumaze kwiga biranga urusengero rukomeye rwa Yehova rwo mu buryo bw’umwuka, kandi tujye twishimira gukorera Imana yacu ikomeye turi muri urwo rusengero. w23.10 45:17-18